Undi muntu yishwe na COVID-19 mu Rwanda

Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko Umunyarwanda w’imyaka 42 y’amavuko yitabye Imana kuri uyu wa Kane tariki 20 Kanama 2020 azize COVID-19, abamaze kwicwa n’icyo cyorezo bose hamwe mu Rwanda baba cumi n’umwe.

Minisiteri y’Ubuzima kandi yatangaje ko kuri uyu wa Kane mu Rwanda abantu 7 bakize icyorezo cya COVID-19, mu gihe habonetse abarwayi bashya 73.

Abo barwayi bashya 73 barimo 48 babonetse i Kigali na 14 babonetse i Rusizi bakaba bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi no mu masoko yafunzwe. I Rubavu habonetse 11.

Muri rusange kugeza kuri uyu wa Kane abamaze gukira bose hamwe ni 1,705 naho abakivurwa ni 1,001. Iki cyorezo mu Rwanda kimaze kuboneka ku bantu 2,717.

Minisiteri y’Ubuzima isaba Abaturarwanda bose gukomeza kwitwararika bubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Icyo cyorezo giteye ubwoba pe nge ndihanganosha imuryango yabuze abayo ariko abanyarwanda ntidukwiriye kujenjeka pe kuko nitujenjeka iratumara
Abantu Kandi bakwiriye kongera umushyikirano bagirana n’Imana tukiyeza kuko iyi si irimo gukamwa makuru Kandi igiye kurangira.

Vincent MPORANIMANA yanditse ku itariki ya: 21-08-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka