
Umujyi wa Mombasa wibasiwe n’indwara y’amaso atukura
Inkuru yatangajwe na Capital Fm iravuga ko ubwo burwayi, bwagaragaye cyane mu mijyi ya Mombasa na Kilifi.
Abaturage basabwe kwita ku isuku cyane bakaraba intoki, kwirinda gukora ku maso, no gutiririkanya ibikoresho.
Mu cyumweru gishize ubuyobozi muri Tanzania bwasabye abantu kwitwararika, nyuma yo kubarura abantu 869 banduye iyo ndwara mu kwezi kumwe, by’umwihariko mu mujyi w’ubucuruzi wa Dar es Salaam.
Ubwo burwayi bwitwa ‘conjunctivitis’, nanone buzwi nk’uburwayi bw’amaso atukura, bufata igice gishinzwe kurinda ijisho kikabyimba kikanaribwa cyane.
Ibimenyetso byayo ni ugutukura kw’amaso, kubyimba, kuzana amarira no kuryaryatwa. Hari n’abarwayi bagira ikibazo cyo gutakaza amatembabuzi y’ijisho.
Ohereza igitekerezo
|
Mombasa ni muri Kenya ,mukosore mwibeshye mwandika Tanzania