Umugore wasamye yarakingiwe Covid-19 yemerewe guhabwa doze ya kabiri y’urukingo

Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko umugore wasamye yaramaze guhabwa urukingo rwa mbere rwa Covid-19, yemerewe guhabwa doze ya kabiri y’urwo rukingo kuko ntacyo byatwara umwana atwite.

Ibyo bitangajwe mu gihe ubundi umugore utwite atari yemerewe guhabwa urwo rukingo, kuko byakekwaga ko byagira ingaruka mbi ku mwana.

Amakuru atangazwa na MINISANTE agaragaza ko ku wa Mbere tariki ya 31 Gicurasi 2021, abantu basaga ibihumbi 160 bari bamaze guhabwa urukingo rwa kabiri rwa Covid-19, muri bo ibihumbi 34 bakaba baruhawe kuri iyo tariki, gukingira bikaba bikomeje.

MINISANTE itangaza ko abantu bakomeza guhabwa inkingo kugeza igihe izihari zose zizarangirira, u Rwanda rukaba ruherutse kwakira izisaga ibihumbi 250 za AstraZeneca zigomba guhabwa abari barakingiwe urukingo rwa mbere.

Umukozi wa MINISANTE ufite itangazamakuru mu nshingano ze, Julien Mahoro Niyingabira, yabwiye Kigali Today ko bimwe mu bibazo byagaragaye mu gutanga izo nkingo harimo ababazaga niba umugore wasamye nyuma yo guhabwa urukingo rwa mbere yahabwa urwa kabiri ntibigire ingaruka ku mwana atwite.

Agira ati "Umugore wahawe urukingo rwa mbere adatwite akaza gusama inda yemerewe guhabwa urukingo rwa kabiri kuko byagaragaye ko nta ngaruka bigira kuri uwo mwana. Ku bijyanye no kuba umugore utwite nawe yahabwa urukingo igihe tuzaba dukomeza gukingira byo tuzabibabwira nyuma".

Hari kandi ikibazo cy’abantu bakomeje kubura ubutumwa bugufi bubamenyesha ko bajya guhabwa urukingo rwa kabiri ku bakingiwe urwa AstraZeneca, cyangwa bajya kwikingiza bakabura muri sisiteme, abo na bo ngo bagomba kwegera ibigo nderabuzima cyangwa ibitaro bahereweho urukingo bagafashwa bagakingirwa.

Mahoro akomeza avuga ko muri rusange igikorwa cyo gutanga urukingo rwa kabiri rwa Covid-19 kirimo kugenda neza kandi abantu bitabiriye gukingirwa, akaba yibutsa ko abahawe urukingo rwa kabiri bagomba gukomeza gukurikiza amabwiriza yo kwirinda kuko na bo bashobora kwandura no kurwara icyo cyorezo.

Ati "Ikibazo kindi turimo guhura na cyo ni uko abantu bakingiwe byagaragaye ko birara bibwira ko batakwandura nyamara na bo bashobora kwandura, kurwara no kwanduza Covid-19 n’ubwo batagera ku rwego rw’uko ibahitana. Turasaba abakingiwe gukomeza gukurikiza amabwiriza yo kwirinda".

Mahoro avuga kandi ko gahunda yo gukingira Covid-19 izakomeza kugeza muri 2022 ubwo nibura abasaga 60% by’Abanyarwanda biteganyijwe ko bazaba barahawe inkingo, Leta y’u Rwanda ikaba ikomeje kuganira n’abakora inkingo kugira ngo ziboneke kandi ngo mu minsi mike ziratangira kugera mu gihugu.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Njyewe sinafashe urukingo rwambere kd ndatwite ubwo rero mfite ubwoba bwogufata ururwakabiri

Uwamahoro solange yanditse ku itariki ya: 25-08-2021  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka