Umubare w’abahitanwa na Malariya waragabanutse - Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, mu nama y’Igihigu y’Umushyikirano yabaye ku nshuro ya 19, yatangiye kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Mutarama 2024, yavuze ko umubare w’abahitanwa na Malariya wagabanutse, kubera ingamba Leta yashyizeho zo kuyirwanya.

Minisitiri w’intebe Dr Ngirente, avuga ko indwara ya malariya na yo yakunze kwibasira cyane abaturarwanda, kuri ubu umubare w‘abahitanwa na yo ukaba waravuye kuri 427 muri 2017, ugera kuri 35 mu 2023.
Minisitiri w’Intebe yavuze ko hazakomeza kongerwa umubare w’ibigo by’ubuvuzi, bitanga serivisi zihariye zitabonekaga mu Gihugu.
Muri ibi bigo harimo ibikora ubushakashatsi n’ibivura indwara zitandukanye, harimo umutima, kanseri, indwara zo mu mutwe, no kubaga mu buryo bugezweho.
Yakomeje avuze ko mu rwego rw’Ubuzima, Abanyarwanda bose bazakomeza kwegerezwa serivisi nziza z’ubuvuzi, no kugabanya ingendo bakora bajya kwivuza. Kuva mu 2017, hubatswe ibitaro bishya 6 (Gatunda, Gatonde, Munini, Nyabikenke, Byumba n’ibya Nyarugenge), byaje byiyongera ku bindi 52 byari bisanzwe mu Gihugu.

Hubatswe kandi ibigo nderabuzima bishya 12 mu Turere dutandukanye, byiyongera kuri 495 byari bisanzweho, ndetse n’ibigo by’ubuvuzi bw’ibanze (Health Posts) nabyo byarongerewe biva kuri 473 byari mu Gihugu mu 2017 ubu bikaba bigeze ku 1,252.
Ati “Uko kwiyongera kw’ibikorwa remezo by’ubuvuzi hamwe no kunoza serivisi z’ubuvuzi zitangirwamo, byatangiye gutanga umusaruro ugaragara kuko dufashe nk’urugero, ababyeyi babyarira kwa muganga bageze ku kigero cya 93%”.
Gahunda zo kugabanya ubukene no gufasha Abanyarwanda kwiteza imbere zirakomeje, muri uru rwego rw’ubuzima hatanzwe inka zirenga ibihumbi 190 ziyongera ku bihumbi 290 zari zaratanzwe muri 2017.
Guverinoma kandi ntiyibagiwe n’ibikorwa remezo bya siporo n’imyidagaduro, kuko nabyo byakomeje kubakwa hirya no hino mu Gihugu.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, yavuze ko Leta izakomeza kongera umubare w’abaganga kugira ngo Serivisi z’ubuvuzi zikomeze zigere ku baturage uko bikwiye.
Minisitiri Nsanzimana avuga ko ubu mu mwakwa umwe, abitabira amashuri y’ubuganga umubare umaze kwikuba gatatu, kuko mu mwaka umwe babona abagera kuri 300 mu gihe abigaga muri aya mashuri babaga ari 100 ku mwaka.
Amafoto: Eric Ruzindana
Inkuru zijyanye na: Umushyikirano 2024
- Abahanzi bavuga iki ku kuba batumirwa mu nama za Politiki bagasusurutsa abazitabiriye?
- Ibibazo abaturage babajije Perezida Kagame mu Mushyikirano n’uburyo yabisubije
- Perezida Kagame yageneye ubutumwa abafite umugambi wo guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda
- Umubyibuho usigaye ari ikimenyetso cy’indwara zitandura
- Iby’ingenzi byaranze #Umushyikirano2024 (Amafoto +Videwo)
- Nyanza: Urubyiruko rwo ku Mayaga rwifuza kwegerezwa ‘YEGO Center’
- Perezida Kagame yanenze abayobozi bakorana batavugana
- Kurya kabiri ku munsi byari amateka - Ubuhamya bwa Harerimana Emmanuel ubu ufasha abandi
- Kugira ngo icupa rimwe ry’inzoga rive mu mubiri bisaba amasaha 16 - Impuguke
- Amajyaruguru: Ibikorwa remezo byubakwa ntibirangire bidindiza iterambere
- Ruswa n’amarozi biri mu byaciye Perezida Kagame ku bibuga by’umupira w’amaguru
- Burera: Urubyiruko rwagaragaje ikibazo cy’uko rutagira agakiriro
- Sinigeze ngira inzozi zo kuzaba Minisitiri – Minisitiri Dr Utumatwishima
- Imanza za Gacaca zagize uruhare mu kuzamura ubumwe bw’abanyarwanda - Minisitiri Bizimana
- Mu Rwanda hategerejwe imbangukiragutabara zigera kuri 200 - MINISANTE
- U Rwanda ruragaragaza uko DRC ihembera ingengabitekerezo ya Jenoside amahanga arebera
- Abajyanama b’Ubuzima bagiye kongererwa ubushobozi bwo gupima indwara zitandura
- Hari abifuza ko no mu bworozi hashyirwamo Nkunganire
- Leta y’u Rwanda izakemura ikibazo cy’abanyeshuri bigaga muri Ukraine
- Ibintu byo kujya baducyurira indagara turashaka kubirandura - Minisitiri Musafiri
Ohereza igitekerezo
|