U Rwanda rwakiriye doze miliyoni 1.6 z’inkingo za Covid-19

Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko u Rwanda rumaze kwakira doze miliyoni 1.6 z’urukingo rwa Covid-19 rwo mu bwoko bwa Moderna, zatanzwe n’igihugu cya Canada binyuze muri gahunda ya Covax.

Uretse izo nkingo zisaga miliyoni 1.5 zatanzwe n’igihugu cya Canada, mu ijoro ryo ku wa kane tariki 18 Ugushyingo 2021, hakiriwe izindi nkingo zo mu bwoko bwa Astra Zeneca doze 309.600 zatanzwe n’igihugu cya Luxembourg nabwo binyuze muri Covax.

MINISANTE ivuga ko izo nkingo zizatangira gutangwa ku bagomba kuzihabwa ku wa mbere w’icyumweru gitaha.

Ni muri gahunda ya Leta y’u Rwanda yo gukingira abantu benshi bashobora yiswe #KingirauRwanda, aho guhera tariki ya 16 Ugushyingo 2021 hatangiye gukingirwa abanyeshuri bose bafite imyaka 18 kuzamura bo mu mashuri abanza, ayisumbuye ndetse na za kaminuza basanzwe ku bigo byabo.

Si abanyeshuri gusa basanzwe ku mashuri kuko nyuma yaho abatuye mu Mujyi wa Kigali bamaze gukingirwa ku kigero kiri hejuru ya 93%. Ikindi guhera mu ntangiriro z’iki cyumweru dusoza, abacikanywe n’urukingo bafite imyaka 18 kuzamura batuye mu Mujyi wa Kigali no mu nkenkero zawo, batangiye gukingirwa basanzwe muri za gare.

Ni gahunda yatangiriye muri gare ya Nyanza ya Kicukiro, Kimironko, Remera, Nyabugogo, iya Nyarugenge ahazwi nka (Down Town) haza no kwiyongeraho gare ya Kabuga.

Uretse mu Mujyi wa Kigali gahunda yo gukingira Abanyarwanda yagejejwe no mu turere uko ari 27 turi hanze y’Umujyi wa Kigali, aho abantu bose bafite imyaka guhehera kuri 18 kuzamura bakingirwa mu rwego rwo kurushaho kwirinda no guhangana n’icyorezo cya Covid-19 kigiye kumara amezi asaga 20 cyibasiye abatuye isi.

Imibare itangazwa na MINISANTE yerekana ko ishusho ya Covid-19 mu Mujyi wa Kigali iri munsi ya 0.5% mu gihe ku rwego rw’igihugu iri munsi ya 1% y’ubwandu bushya, ibintu byatumye gahunda nyinshi zitandukanye zari zarafunzwe zongera gukomorerwa, abantu bagasubira gukora nk’uko byari bisanzwe.

Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko ibikorwa byo gukingira Covid-19 mu gihugu hose bigeze ku kigero kiri hejuru ya 25%, mu gihe igihugu gifite intego yo gukingira abantu miliyoni 7.8, aho byibuze biteganyijwe ko hagomba gukingirwa abantu 40% mbere y’uko uyu mwaka urangira.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka