Rulindo: Umwe yitabye Imana abandi 19 bari kwa muganga bazira ikigage

Umwana w’imyaka ine y’amavuko witwa Akateretswenimana yitabye Imana tariki 14/03/2012 azize kunywa ikigage, abandi 19 bakinyoye nabo barwaye indwara zo munda bivugwa ko zatewe n’icyo kigage.

Aba barwaye ni abo mu muryango wa Uwamahoro Faustin usanzwe ucuruza ikigage n’urwagwa mu mudugudu wa Rukore, akagali ka Birori mu murenge wa Tumba, akarere ka Rulindo. Banyoye ikigage yari yasaguye ku cyo yari yacuruje.

Kuva banywa icyo kigage tariki 12/03/2012, aba bantu batangiye kugana ikigo nderabuzima cya Tumba, bababara munda, bagacibwa mo, ndetse bakanatumba inda, maze abaganga bakeka ko ari iki kigage banyoye dore ko bose bivugiraga ko ariyo ntandaro y’ uburwayi bwabo.

Uwamahoro Faustin, avuga ko ibyabaye ku bagize umuryango we ndetse n’abaturanyi be, ari ishyari ry’abamwanga bamurogeye inzoga, kuko abayinywereye ku kabari nta cyo babaye.

Ikigo nderabuzima cya Tumba ndetse na polisi y’igihugu bamaze kujyana ibipimo by’iki kigage muri laboratwari y’igihugu ndetse no mu bitaro bikuru bya polisi ngo barebe niba ari uburozi cyangwa se ari uruvangitirane rw’imisemburo yakoreshejwe; nk’uko bitangazwa na Aloys Bizumungu, umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Tumba.

Umuyobozi w’umurenge wa Tumba yongeraho ko kugeza ubu hamaze gupfa umwana umwe kuko batinze kumujyana kwa muganga, abandi nabo bakaba bari kugenda boroherwa bagasubira mu ngo zabo.

Jean Noel Mugabo

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka