RBC yasobanuye impamvu y’ubwiyongere bwa Covid-19 mu Majyepfo

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) yagaragaje ko ubwandu bushya bwa Covid-19 buri kwiyongera mu Ntara y’Amajyepfo bitewe n’abantu benshi bakorera hamwe.

Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku Cyumweru tariki 04 Mata 2021, mu Rwanda abantu 239 bashya banduye Covid-19, naho abakize kuri uwo munsi ni 47.

Mu bwandu bushya bwagaragajwe benshi bavuye mu Ntara y’Amajyepfo aho mu Karere ka Huye habonetse abarwayi 90, Gisagara 75, Ruhango 23 naho Nyaruguru haboneka 18.

Ni imibare ikomeje kwikurikiranya igaragaza abantu benshi bandura muri iyo Ntara. Tariki ya 3 mu Karere ka Nyanza hari habonetse abarwayi 16, Huye 10, Nyaruguru 8, Ruhango 6 naho Nyamagabe haboneka 6.

Umuyobozi w’ikigo cyita ku buzima (RBC) Dr Nsanzimana Sabin avuga ko bizasaba ko hashira iminsi kugira ngo iki cyorezo kigabanuke muri utu duce, nk’uko byagenze i Rusizi, i Musanze na Kigali.

Agira ati "Ubu rero itsinda dufite mu Majyepfo barapima muri buri Kagari nibura abantu 50, tukamenya aho bikomeye, n’aho tugomba gushyira imbaraga, kuvuga ngo byaturutse he? Bikomeye kubisubiza, gusa ikigaragara ni uko muri turiya turere ibipimo bigaragaza ko ibipimo hejuru ya 5% bafite uburwayi, mu gihe muri Kigali byari kuri 0.5%, icyo twashoboye kubona ni ibikorwa bihuriramo abantu benshi nk’ubwubatsi kuko hari aho twasanze abantu 1200 barimo kubaka, kandi banataha mu miryango, ku mugoroba bakagira utubari bahuriramo, ikindi ni amatsinda y’amasengesho turagenda tubibona."

Dr Sabin avuga ko abantu bakwiye kugira ubutwari bwo guhangana n’icyorezo. Avuga ko icyorezo gifatirana abantu mu minsi mikuru nk’uko byagenze mu mujyi wa Kigali, akavuga ko abantu benshi bari mu bitaro bavurwa Covid-19 mu mujyi wa Kigali imibare yari itangiye kugabanuka.

Icyegeranyo cya OMS kigaragaza ko icyorezo cya Covid-19 ku isi kimaze gufata abantu 131,932,548, kikaba kimaze guhitana abantu 2,866,378, naho abamaze gukira ni 106,231,881.

Igihugu cya mbere kimaze kugira abarwanyi benshi ni Leta zunze ubumwe za Amerika imaze kugira abarwayi barenga miliyoni 31, Brazil ifite abarwayi miliyoni zirenga 12 n’ibihumbi 900, u Buhinde bufite miliyoni 12 n’ibihumbi 500, u Bufaransa miliyoni 4 n’ibihumbi 822, u Burusiya 4, 580,894, u Bwongereza 4,359,388 n’u Butaliyani 3,668,264.

Ku mugabane wa Afurika, Igihugu cya Afurika y’Epfo ni cyo gifite abagezweho n’icyo cyorezo benshi babarirwa muri miliyoni n’igice, Maroc ifite ibihumbi 498, Tuniziya ibihumbi 260, Ethiopia ibihumbi 215, Misiri ibihumbi 204 naho Nigeriya ikagira ibihumbi 163.

Ibihugu bimaze gupfusha abantu benshi, ku isonga haza Leta zunze Ubumwe za Amerika ifite ibihumbi 568, Brazil 331,530, Mexico 204,147, u Buhinde 165,132, u Bwongereza 126,836, u Butaliyani 111,030 n’u Burusiya bwapfushije 100,374.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka