Mu Rwanda hagaragaye abandi 2 barwaye Coronavirus, 54 bamaze gukira

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda iratangaza ko kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Mata 2020 hagaragaye abandi bantu babiri barwaye Coronavirus mu bipimo 923 byafashwe mu masaha 24 ashize. Ibi byatumye umubare w’abagaragayeho Coronavirus mu Rwanda ugera kuri 136 (muri aba 54 barakize, hakaba harimo 5 bakize mu masaha 24 ashize).

Itangazo rya Minisiteri y’Ubuzima riravuga ko abo bantu babiri byamenyekanye ko bahuye n’abandi barwaye Coronavirus mu Rwanda.

Iryo tangazo rivuga ko abagaragaweho Coronavirus bose bahise bashyirwa mu kato, hakaba hakomeje ibikorwa byo gushakisha abantu bose bahuye na we kugira ngo basuzumwe ndetse bitabweho n’inzego z’ubuzima.

Minisiteri y’Ubuzima iributsa ko umuntu wese uhisha cyangwa wanga gutanga amakuru arebana n’abahuye n’umurwayi wa Coronavirus cyangwa agahisha ibimenyetso byayo aba ashyize ubuzima bwa benshi mu kaga kandi abihanirwa n’amategeko.

Abarwayi bose bakomeje kuvurirwa ahantu habugenewe, kandi ngo barimo koroherwa. Abenshi muri bo ubu ngo nta bimenyetso bya Coronavirus bagaragaza, ndetse ngo nta n’umwe urembye, nk’uko itangazo rya Minisiteri y’Ubuzima ribivuga.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka