Mu Rwanda habonetse abandi barwayi bashya 26 ba COVID-19

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Nyakanga 2020, mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 26 banduye COVID-19.

Abo barwayi 26 babonetse mu bipimo 7,039, abamaze kuboneka mu Rwanda banduye icyo cyorezo bose hamwe baba 1,655.

Minisiteri y’Ubuzima yasobanuye ko abo barwayi bashya 26 barimo 24 babonetse muri Kigali (bapimiwe mu duce turi kwitabwaho by’umwihariko harimo n’imidugudu iri mu kato), ndetse n’abandi babiri babonetse muri Kirehe.

Abantu 10 mu bari barwaye bakize kuri uyu wa Kabiri, naho abamaze gukira bose hamwe baba 848, mu gihe abakirwaye ari 802.

Abamaze kwicwa n’icyo cyorezo mu Rwanda ni batanu.

Minisiteri y’Ubuzima isaba Abaturarwanda bose gukomeza kwitwararika bubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka