Mu Rwanda habonetse abandi barwayi 7 ba #COVID19

Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko kuri uyu wa gatatu tariki 06 Gicurasi 2020 habonetse abandi bantu barindwi (7) barwaye COVID-19 bituma abamaze kwandura icyo cyorezo mu Rwanda bose hamwe baba 268.

Abo barindwi babonetse mu bipimo 1,323 byafashwe uyu munsi, ibipimo byose hamwe bimaze gufatwa bikaba ari 37,315 ari na byo byabonetsemo abarwayi 268.

Itangazo rya Minisiteri y’Ubuzima riravuga ko umuntu umwe wari urwaye COVID-19 yakize kuri uyu wa Gatatu, abamaze gukira bose hamwe bakaba ari 130.

Abakirwaye COVID-19 mu Rwanda ni 138, kugeza kuri uyu wa Gatatu icyo cyorezo kikaba nta muntu kirahitana mu Rwanda.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Ntabwo bakitubwira aho bavuye, niba ari ubwandu bushya buri mubaturagye, niba ari abatwara amakamyo nkuko bajyaga batubwira. Byaba byiza badusobanuriye.

MKP yanditse ku itariki ya: 6-05-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka