Mu Rwanda abantu batatu bishwe na #COVID-19, abayikize ni 159

Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku Cyumweru tariki 18 Mata 2021, mu Rwanda abantu batatu bishwe na Covid-19. Abayikize ni 159 bituma umubare w’abamaze gukira bose hamwe baba 22,241. Abanduye bashya ni 22, abakirwaye bose hamwe ari 1,322.

Abitabye Imana ni umugore w’imyaka 61 (i Kigali) n’abagabo babiri b’imyaka 91 (i Nyamasheke) na 53 (i Huye).

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Ariko iyo Leta ihora yigishya Abaturage kwirinda icyorezo cya Covid19 birimo Agapfukamunwa, gros karab’intoki, metero2 n’ibindi, ndetse bashiraho n’ibihano harimo no kuraza Abantu muri za Stade, nyamara muri Rubavu bamwe mu Baganga baraza abarwayi basanzwe ku bitanda bakuyeho Abarwayi ba Covid19, si kera ni kuwa gatatu taliki14/04/2021 aho bakirira indemne bita Urgence, bazanye umugabo war’ufite ibemenyetso bya Covid19 ibizamini byahise bigaragaza ko arwaye Covid19, barahamukuye bahita baharyamishya Umubyeyi Bari bavanye guca mu cyuma, abari bahari ndetse n’umugore w’uwo murwayi wa Covid19 nibo batabarije uwo mugore bashyize kur’icyo gitanda kibyutseho umurwayi wa Corona, Ubu Abantu baribaza bâti ese ibihora bivugwa ku Karere ka Rubavu Aho s’abantu bikorera ibibi nka biriya ngo byitirirwe Akarere n’ibitaro ndetse n’izindi Services ku nyungu zabo? Ariko Mana!!!

mamy yanditse ku itariki ya: 19-04-2021  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka