Mu Rwanda abantu bane bishwe na COVID-19

Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku Cyumweru tariki 20 Ukuboza 2020, mu Rwanda abagabo babiri n’abagore babiri bitabye Imana.

Abishwe na COVID-19 kuri iki Cyumweru ni abagabo babiri b’imyaka 52 (Kigali) n’imyaka 68 (Rubavu) n’abagore babiri b’imyaka 47 na 63 i Kigali.

Abo bantu bane bahise buzuza umubare w’abantu 63 bamaze kwicwa n’iki cyorezo kuva cyagera mu Rwanda muri Werurwe 2020.

Minisiteri y’Ubuzima kandi yatangaje ko ku Cyumweru mu Rwanda habonetse abantu 61 bashya banduye COVID-19, abakize bakaba ari babiri.

Abo barwayi bashya 61 babonetse mu bipimo 3,545 bakaba barimo ababonetse i Kigali: 6, Rubavu: 25, Muhanga: 13, Huye: 9, Musanze: 4, Gakenke: 2, Kirehe: 1, Nyanza: 1.

Kugeza ku Cyumweru, mu Rwanda abari bamaze kwandura icyo cyorezo ni 7,293 muri bo abamaze gukira ni 6,091 naho abakivurwa ni 1139.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

rwose nanjye ndabona mubyaro ntacyo bitayeho, utubali,nitwose udupfukamunwa ntibatwambara,
mbega ntacyo bibabwiye, ndi rutsiro mungoti.

gatare yanditse ku itariki ya: 21-12-2020  →  Musubize

Muraho neza! Corona Virus ikomeje kuyogoza isi, ikibabaje ni uko amabwiruza yirengagizwa cyane cyane mu byaro! Amasoko ho ntibabikozwa. Abanyarwanda twagakomeje gukumira kuko ndabona bitatworoheye

Alias yanditse ku itariki ya: 21-12-2020  →  Musubize

Muraho neza! Corona Virus ikomeje kuyogoza isi, ikibabaje ni uko amabwiruza yirengagizwa cyane cyane mu byaro! Amasoko ho ntibabikozwa. Abanyarwanda twagakomeje gukumira kuko ndabona bitatworoheye

Alias yanditse ku itariki ya: 21-12-2020  →  Musubize

Muraho neza! Corona Virus ikomeje kuyogoza isi, ikibabaje ni uko amabwiruza yirengagizwa cyane cyane mu byaro! Amasoko ho ntibabikozwa. Abanyarwanda twagakomeje gukumira kuko ndabona bitatworoheye

Alias yanditse ku itariki ya: 21-12-2020  →  Musubize

Janvier ndiigicumbi.rwose icyorezo turabona gikomeje gukaza umurego gusa abaturage bo ntibabikozwa muzadusure mwirebere mucyaro murebe uko bimeze

Murakoze

NIYIGABA janvier yanditse ku itariki ya: 21-12-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka