Mu Rwanda abantu babiri bishwe na #COVID19

Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Ukuboza 2020, mu Rwanda abantu babiri b’imyaka 60 na 56 bitabye Imana i Kigali n’i Ngororero bishwe na Covid-19.

Aba bantu babiri bahise buzuza umubare w’abantu 53 bamaze kwicwa n’iki cyorezo kuva cyagera mu Rwanda muri Werurwe 2020.

Minisiteri y’Ubuzima kandi yatangaje ko kuri uyu wa Gatatu mu Rwanda habonetse abantu 41 bashya banduye COVID-19, ni mu gihe ntawakize mu bari barwaye.

Abo barwayi bashya 41 babonetse mu bipimo 3,654 bakaba barimo ababonetse i Kigali:32, Musanze: 3, Rubavu: 2, Nyagatare: 1, Gakenke: 1, Ngororero: 1, Huye: 1.

Kugeza kuri uyu wa Gatatu, mu Rwanda abari bamaze kwandura icyo cyorezo ni 6,278 muri bo abamaze gukira ni 5,715, naho abakivurwa ni 510.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Dukomeze kwirinda kandi tunarinda abandi covid 19 twambara agapfukamunwa nez n’amzuru

TUyizere Gerard yanditse ku itariki ya: 10-12-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka