Leta imaze gukoresha arenga miliyoni 60 z’amadolari mu guhangana na Covid-19

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko mu rugamba rwo guhangana na Covid-19, u Rwanda rwateganyije ingengo y’imari ingana na miliyoni 73 z’amadolari ya Amerika, ni ukuvuga amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyari 70, agomba gukoreshwa mu gihe cy’amezi atandatu.

Minisitiri w'Ubuzima Dr. Daniel Ngamije
Minisitiri w’Ubuzima Dr. Daniel Ngamije

Minisitiri w’Ubuzima Dr. Daniel Ngamije, yabivugiye mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa mbere tariki 20 Nyakanga 2020. Ni ikiganiro cyari cyigamije gutanga ishusho y’icyorezo cya covid-19 mu Rwanda, mu mezi ane ashize kigeze mu Rwanda.

Muri kino kiganiro Dr. Ngamije yavuze ko nyuma y’amezi ane, hamaze gukoreshwa agera kuri miliyoni 60 z’amadolari ya Amerika, mu bikorwa byo guhangana na kino cyorezo.

Yagize ati “Ni byo ko kino cyorezo gihenze ku gihugu, hari ibikorwa byinshi bituma dusohora amafaranga, haba gufata ibizamini, gukurikirana abantu bahuye n’abanduye, gushyira abantu mu kato, Leta akaba ari yo itanga aho kuba n’ibyo kurya, kuvura abarwaye, n’ibindi bikorwa bituma tubasha kurinda ikwirakwira rya kino cyorezo.

Byose birahenze. Ntabwo twakwibagirwa amafranga atari kwinjira mu isanduku ya Leta kubera covid-19; na yo ni kimwe mu byo twavuga ko biri gutuma igihugu gitakaza amafaranga. Mu bijyanye n’amafaranga tumaze gukoresha, twakoze ingengo y’imari y’amezi atandatu ya miliyoni 73 z’amadolari, ubu tumaze kugeza hafi kuri miliyoni 60 z’amadolari tumaze gukoresha mu gihe cy’amezi ane, harimo ay’ibikoresho bitandukanye, abakozi, n’ibindi”.

Icyorezo Covid-19 cyagaragaye bwa mbere mu Rwanda tariki 14 Werurwe 2020, hanyuma tariki 21 Werurwe 2020, igihugu cyose gitangira gahunda ya Guma mu rugo yari igamije gukumira ikwirakwira ryacyo.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka