Kutoza mu kanwa bishobora gutera uburwayi bw’umutima na kanseri - Abaganga

Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Ubuzima (RBC), hamwe n’abaganga bakorana na cyo bemeza ko kutoga mu kanwa (kutiborosa) biteza indwara nyinshi zirimo uburwayi bw’umutima na kanseri.

Abana bigishijwe uko bakora isuku yo mu kanwa
Abana bigishijwe uko bakora isuku yo mu kanwa

Ibi biremezwa n’Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Indwara zitandura muri RBC, Dr François Uwinkindi, hamwe n’abaganga bazobereye mu kuvura indwara zo mu kanwa.

Umuganga mu Ivuriro ry’Abadivantisiti riri ku Kacyiru mu Karere ka Gasabo, Michel Mbonimana, avuga ko kutoga mu kanwa uretse guteza uburwayi bw’ishinya n’amenyo, hari n’izindi ndwara bitera ariko benshi batazi.

Mbonimana avuga ko iyo umuntu atoga mu kanwa udukoko dukomoka ku byo yariye duhagama mu menyo no mu ishinya, amenyo agacukuka ndetse n’ishinya cyangwa ibice biyegereye bikabyimba.

Uretse n’ibyo, iyo umuntu atoga mu kanwa ngo bituma udukoko (bacteria) twagumyemo duteza kunuka mu kanwa, bya biryo na byo bigakomeza kwihoma ku menyo.

Abantu bagirwa inama yo koga mu kanwa byibura kabiri ku munsi mu gitondo na ninjoro nyuma yo kurya
Abantu bagirwa inama yo koga mu kanwa byibura kabiri ku munsi mu gitondo na ninjoro nyuma yo kurya

Muganga Mbonimana avuga ko muri twa dukoko umuntu amiranye n’amafunguro yafashe, hari utujya kumunga ibice bitandukanye byo mu nda bigateza kanseri mu muhogo, mu gifu n’ahandi.

Yongeraho ko twa dukoko twororokeye mu kanwa hari igihe twinjira mu miyoboro y’amaraso ikaziba, bigatuma umutima utabona uko utera amaraso, ugatangira gukora nabi bikawuviramo uburwayi.

Mbonimana agira ati "Iyo umuntu yarwaye ifumbi cyangwa ishinya iva amaraso, udutsi (utuyoboro) twayo twinjirwamo n’udukoko kugera ubwo tugeze ku mutima, imitsi iwugaburira ikaziba."

Ibi bitangira guteza umuntu kurwara umuvuduko w’amaraso cyangwa kurwara umutima nyirizina.

Inyigo yakozwe na RBC mu mwaka wa 2018 ku bantu 2097 bagiye kwa muganga kwivuza indwara zo mu kanwa, 2/3 muri bo bari bafite amenyo yatobotse cyangwa yamanyutse bitewe no kutoga mu kanwa.

Abana bahawe umuti w'amenyo n'uburoso mu kubakangurira isuku yo mu kanwa
Abana bahawe umuti w’amenyo n’uburoso mu kubakangurira isuku yo mu kanwa

Urubuga rw’Abafaransa (Yahoo), rwanditse ko mu bantu bafite imyanda ku menyo cyangwa ku ishinya, 80% bapfa bakiri bato (bakenyutse).

Abantu bose bagirwa inama yo koga mu kanwa byibura kabiri ku munsi, mu gitondo na ninjoro uko barangije gufata amafunguro.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka