Kubera Ebola kwegerana kw’abantu biharirwe abashakanye gusa

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye asaba abaturage kwirinda guhana ibiganza no kwegerana kugira ngo birinde ebola.

Minisitiri Busingye ashyikiriza umuturage inzu yubakiwe na Police
Minisitiri Busingye ashyikiriza umuturage inzu yubakiwe na Police

Ibi yabitangaje aganiriza abaturage b’Umurenge wa Mutete mu karere ka Gicumbi kuri uyu wa 17 Kanama 2019, ubwo yari amaze gutaha inzu Polisi y’u Rwanda yubakiye uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Icyorezo cya ebola kuri ubu kiravugwa mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo nyuma yo kugaragara muri Ituri(aho yahereye), ndetse n’i Goma muri Kongo.

Minisitiri Busingye avuga ko hari ubundi buryo abaturage bashobora gusuhuzanya bakirinda guhana ibiganza cyangwa guhoberana.

Agira ati"Ikiganza mukigumishe mu mufuka kuko kiba gifite icyuya(nk’amatembabuzi yanduza), musuhuzanye nk’abasirikare(batera isaruti) cyangwa nk’abayapani(bunama).

"Ibyo kwegerana mureke tubiharire umugore n’umugabo we kuko bo ntawabihagarika, mwirinde guhana ikiganza kandi ntimuzabyite agasuzuguro".

Mu gihe uduce twa Kongo duhana imbibi n’u Rwanda na Uganda tuvugwamo ebola, ubukangurambaga bwo kuyirinda burakorwa n’inzego zitari Minisiteri y’ubuzima gusa.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

None se Yutong nayo ntabwo abantu basabana? Yewe birabangamye pe niba yutong niba tutari bubyine ingwatiramubiri minisante ntiyabyemera. Yutong challenge # ebola, # hepatitis C,....

Mushi yanditse ku itariki ya: 18-08-2019  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka