Kirehe ku isonga ku mubare w’abakingiwe Covid-19

Umunsi wa mbere w’ikingira rya Covid-19 mu Rwanda, akarere ka Kirehe ni ko kaza ku isonga, aho abantu 4,368 bafashe urukingo mu gihe mu Mujyi wa Kigali ariho hakingiwe bake.

Imibare igaragaza abakingiwe bose mu gihugu
Imibare igaragaza abakingiwe bose mu gihugu

Raporo y’Ikigo cy’Igihugu cyita ku buzima (RBC), igaragaza ko muri gahunda yo gutanga urukingo rwa Covid-19 mu Rwanda yatangiye tariki 05 Werurwe 2021, mu baturage 75,056 bakingiwe, Akarere ka Kirehe ari ko kakingiye umubare munini w’abaturage.

Uturere dutanu twa mbere dufite abaturage benshi bakingiwe, Kirehe ni iya mbere ahakingiwe abantu 4368, Rwamagana iza ku mwanya wa kabiri n’abaturage 3654, Akarere ka Burera ku mwanya wa gatatu n’abaturage 3427, ku mwanya wa kane hari Huye n’abaturage 3384 mu gihe ku mwanya wa gatanu hari Gakenke n’abaturage 3161.

Akarere ka Ruhango gakurikira utwo turere dutanu ahakingiwe 3025, mu gihe uturere dutanu tuza ku mwanya wa nyuma ari Nyamasheke ahakingiwe 1435, Ngororero 2004, Rubavu 2005, Umujyi wa Kigali 2051 na Kayonza 2220.

Umujyi wa Kigali niwo wakingiye abaturage bake mu gihugu ahakingiwe 2051 gusa, mu turere dutatu tugize uwo mujyi.

Intara iza ku isonga ni Amajyepfo ahakingiwe 21812, ikurikirwa n’Intara y’Iburasirasuba ahakingiwe 20072, Iburengerazuba hakingirwa 16114 mu giye mu Majyaruguru hakingiwe 15007.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka