Ebola yageze muri Kivu y’Amajyepfo

Abarwayi babiri barimo umubyeyi w imyaka 26 n’umwana we w’amezi arindwi ni bo bagaragayeho Ebola tariki ya 15 Kanama 2019 mu bitaro bya Mwenga ndetse umubyeyi ahita yitaba Imana nkuko bitanganza na radiyo y Abafaransa RFI.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Guverineri wa Kivu y’Amajyepfo Ngwabije Kasi Theo yahamagariye abaturage kwita ku bikorwa by’isuku anizeza ibihugu byegeranye na Bukavu ko ingamba zo guhangana na Ebola zashyizweho.

Umurwayi wagaragayeho ebola ubuyobozi bwa Kivu y’Amajyepfo buvuga ko yari ku rutonde rw’abantu bakurikiranyweho Ebola kuva tariki 24 Nyakanga 2019 aho yari atuye I Beni mu gace ka Mabilio ariko akaza gucika abamukurikiranye hamwe n’abana babiri umwe w’imyaka itanu n’undi w’amezi arindwi afatwa n’abamukurikirana tariki 6 Kanama 2019.

Yashubijwe I Beni aho yari akurikiranywe yongera gucika abaganga ahindura inzira n’ibyangombwa inshuro enye anyura inzira ya Kasindi Butembo Goma Bukavu ajya Mwenga ariho yaguye tariki 15 Kanama, naho umwana w’amezi arindwi nawe byemeje ko afite ebola ariko ari kwitabwaho n’abaganga.

Ubuyobozi bw’intara ya Kivu y’Amajyepfo buvuga ko abantu 120 bahuye na nyakwigendera ubu barimo gushakwa no gukurikiranwa n’abaganga mu kwirinda ko hagira abandi banduzwa iyi ndwara imaze guhitana abarenga 1900 muri RDC.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Nubundi amatwi arimo urupfu ntiyumva...

KABEYA yanditse ku itariki ya: 16-08-2019  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka