Dore impamvu abakingirwa Covid-19 bazakomeza kwambara udupfukamunwa

Uwiyita Sir. Urikibwa ku rubuga rwa twitter, yabajije Ikigo cy’igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) niba ari ngombwa ko abantu bamaze guterwa urukingo rwa Covid-19 bazakomeza kwambara agapfukamunwa, icyo kigo kimusubiza cyemeza ko ari ngombwa.

Abakingirwa Covid-19 bagomba gukomeza kwambara udupfukamunwa
Abakingirwa Covid-19 bagomba gukomeza kwambara udupfukamunwa

Kigali Today yaganiriye n’umwe mu bakozi ba Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) wifuje kudatangaza amazina ye, avuga ko gukingirwa Covid-19 bitavuze ko umuntu yahita ahagarika kwambara agapfukamunwa, kubera impamvu zitandukanye.

Iya mbere ngo ni uko inkingo zose zidatanga ubwirinzi 100% kuko hafi ya zose nta rwagejeje kuri urwo rugero, inyinshi zikaba ari izikingira abantu ku rugero rwa 96%, 95% cyangwa 92%.

Impamvu ya kabiri ikaba ari uko hari inkingo zigomba guterwa umuntu inshuro zirenze imwe mu bihe bitandukanye, ku buryo hagati aho bisaba kwirinda cyane kugira ngo igitonyanga cya mbere kidapfuba.

Indi mpamvu ngo ni uko urukingo rurinda umuntu kurwara ariko rutamurinda kwinjirwamo na virusi, bisobanura ko hari abantu baba bagendana virusi ariko idashobora kubatera uburwayi kuko bakingiwe.

Icyo gihe biba ngombwa ko wa muntu wakingiwe yambara agapfukamunwa, kugira ngo ya virusi arimo kugendana atayanduza abandi batarakingirwa.

Uwo mukozi wa Minisiteri y’Ubuzima yagize ati “Agapfukamunwa ntabwo kakurinda indwara gusa, ahubwo kakurinda no kuba wakwirakwiza virusi mu gihe uyifite”.

Kugeza ubu mu Rwanda hamaze gutangwa inkingo za Covid 19 zikabakaba 1,000. Leta ikaba igitegereje izindi zigera kuri miliyoni imwe mu mpera z’uku kwezi kwa kabiri nk’uko MINISANTE iherutse kubitangaza.

Icyakora nta cyizere gitangwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubuzima (OMS), cy’uko ibihugu bya Afurika bizabona inkingo za Covid-19 mu gihe cya vuba, bitewe n’uko ibihugu byifite bikirimo kuzitanguranwa.

Hari n’ikibazo cy’uko umubare w’izikorwa ukiri muto, ndetse zikaba zikenera amabwiriza akomeye y’uburyo buhenze cyane zigomba guhoramo zikonjeshejwe.

Kugeza ubu mu nkingo z’ibihugu by’i Burayi, Amerika na Aziya zirimo gutangwa hirya no hino ku isi harimo urwitwa Pfizer BioNtech, AstraZeneca, Sinovac, Sputnik, Janssen, Novax, Moderna n’izindi.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Wamungani simusubiza ahubwo nanjye ndabyibaza bizagenda bite ?????

claude yanditse ku itariki ya: 1-03-2021  →  Musubize

Ikibazo cya 1. Umuntu udashaka giterwa urukingo bitewe yenda nimyemerere ye mwamubwira iki cyane ko abizera IMANA byukuri badashaka gukoresha izo nkingo murakoze

Mpakaniye yanditse ku itariki ya: 23-02-2021  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka