#COVID19: Mu Rwanda undi muntu umwe yapfuye

Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Kanama 2020, mu Rwanda habonetse abantu 70 banduye icyorezo cya COVID-19, mu gihe abandi batatu bakize.

Abo barwayi bashya 70 barimo 54 babonetse i Kigali (bapimwe mu masoko ya Kigali), 7 babonetse i Rusizi, batatu babonetse i Nyamasheke, i Rubavu habonetse batatu, i Kirehe habonetse babiri, undi umwe aboneka i Musanze.

Muri rusange kugeza kuri uyu wa Gatanu, abamaze kwandura icyo cyorezo mu Rwanda ni 3,742 muri bo abamaze gukira ni 1,866 naho abakivurwa ni 1,860.

Undi muntu umwe yapfuye azize COVID-19, uwo akaba ari umubyeyi w’imyaka 81 y’amavuko, bituma abamaze kwicwa n’icyo cyorezo bose hamwe mu Rwanda baba cumi na batandatu (16).

Minisiteri y’Ubuzima isaba Abaturarwanda bose gukomeza kwitwararika bubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Nihanganishije umuryango w’uwo mubyeyi!ariko jye numva mugiye mutugaragariza neza imyirondoro y’abarwayi byafasha gusobanukirwa neza imiterere y’indwara bigatuma nabatayiga agaciro bagira ibyo bahindura

Mugiraneza Bonaventure yanditse ku itariki ya: 29-08-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka