#COVID19: Mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 45, ntawakize

Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko kuri iki Cyumweru tariki 06 Ukuboza 2020, mu Rwanda habonetse abantu 45 bashya banduye COVID-19, mu bari barwaye ntawakize.

Abo barwayi bashya 45 babonetse mu bipimo 1,974 bakaba barimo ababonetse i Kigali: 16, Musanze: 21, Rusizi: 3, Nyagatare: 2, Rubavu: 2, Muhanga: 1.

Kugeza kuri iki Cyumweru, mu Rwanda abamaze kwandura icyo cyorezo ni 6,129 muri bo abamaze gukira ni 5,696, naho abakivurwa ni 382.

Mu Rwanda umugabo w’imyaka 45 yishwe na Covid-19 i Kigali ku wa Gatanu tariki 04 Ukuboza 2020 yujuje umubare w’abantu 51 bamaze kwicwa n’iki cyorezo kuva cyagera mu Rwanda muri Werurwe 2020.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Abanyarwanda dukwiye kutirara kuko icyorezo kigihari nubwo ubona mucyaro abaturage bariraye.

Gilbert yanditse ku itariki ya: 7-12-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka