#COVID19: Mu Rwanda abandi 4 bapfuye, abanduye bashya ni 861

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 22 Kamena 2021, mu Rwanda abantu 861 babasanzemo Covid-19 muri bo 388 bakaba babonetse i Kigali. Abakize ni 8, abantu bane bitabye Imana, naho abarembye ni 10 nk’uko imibare yatangajwe ibigaragaza.

Abitabye Imana ni abagore babiri b’imyaka 56 na 42 n’abagabo babiri b’imyaka 67 na 52 i Kigali, bakaba bahise batuma umubare w’abamaze kwicwa n’iki cyorezo mu Rwanda uba abantu 392.

Abantu 247,402 bamaze guhabwa doze ya kabiri y’urukingo rwa COVID-19 (AstraZeneca) barimo 315 bayihawe kuri uyu wa Kabiri.

Imibare y’abandura ikomeje gutumbagira, by’umwihariko kuri uyu wa Kabiri bikaba bibaye ubwa mbere mu Rwanda habonetse abanduye benshi ku munsi umwe. Ni mu gihe mbere yaho ku wa Mbere tariki 21 Kamena 2021 mu Rwanda hari habonetse abanduye bashya 622, ku Cyumweru hari habonetse abanduye bashya 296, ku wa Gatandatu hari habonetse 469, mbere yaho ku wa Gatanu hari habonetse abanduye bashya 451, mbere yaho na none ku wa Kane hakaba hari habonetse abarwayi bashya 422.

Ubwiyongere budasanzwe bw’iyi mibare buri mu byatumye Inama y’Abaminisitiri idasanzwe iterana tariki 21 Kamena 2021, ikaba yafatiwemo ibyemezo bikomeye bigamije guhangana n’icyi cyorezo. Soma ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri HANO.

Inzego zishinzwe ubuzima zisaba Abaturarwanda baba abakingiwe n’abatarakingirwa gukomeza kwitwararika birinda kwandura cyangwa kwanduza abandi icyorezo cya COVID-19, dore ko gikomeje kugaragaza ubukana mu Rwanda n’ahandi ku isi.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Abantu bakwiye kureka kwirara kuko iyi covid19 iracyariho, bakwiriye gukurikiza amabwiriza ya. Ministeri yubuzima

Ni twa munyarukundo yanditse ku itariki ya: 23-06-2021  →  Musubize

Abantu rwose bakwiye kureka kwirara kuko iki cyorezo ntaho cyirajya, bagakurikiza inama bagirwa na ministry of health murakoze.

Ni twa munyarukundo yanditse ku itariki ya: 23-06-2021  →  Musubize

Igihe cyose tucyemerera abanyamahanga n’abandi bakoresha ikibuga k’indege kwinjira mu Rwanda bakajya gutegerereza ibisubiro muri Hotel, tuba twirengagiza abachauferi babatwara n’imiryango yabo, abakozi baho bagiye gutegerereza, n’imiryango yabo.Abarwayi baba banduye, kuba baza ku kibuga bakajya mu ma hotel gutegererezayo ibisubizo birahagije ngo banduze umubare munini mbere yo guhabwa ibisubizo.Kuki ibisubizo biboneka bakiri ku kibuga? Naho ubundi niba ari uko bimeze biroroshye ko ari abo bateye ubwiyongere bukabije muri ibi byumweru. Munagenzure neza hari abashoferi babakatisha ahantu ku bwumvikane bakajya ku mahoteli nyuma.

Ikindi nibaza, ko abarembye baba ari nka 10 , 13, batajya barenga ku mibare muduha, mukaba munavuga ko biyongereye bikabije hakaba hateganyijwe nahandi ho kubakirira, mubihuza gute

Musemakweli Prosper yanditse ku itariki ya: 23-06-2021  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka