#COVID19: Habonetse abarwayi bashya 73, ntawakize

Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 18 Ukuboza 2020, mu Rwanda habonetse abantu 73 bashya banduye COVID-19, mu bari narwaye “ntawakize”.

Abo barwayi bashya 73 babonetse mu bipimo 3,468 bakaba barimo ababonetse i Kigali: 40 (Abagenzi binjira mu gihugu), Rubavu: 17, Huye: 7, Musanze: 6, Rwamagana: 2, Burera: 1.

Kugeza kuri uyu wa Gatanu, mu Rwanda abamaze kwandura icyo cyorezo ni 7,105 muri bo abamaze gukira ni 6,089 naho abakivurwa ni 959.

Umugabo w’imyaka 70 y’amavuko witabye Imana ku wa Kabiri tariki15 Ukuboza 2020 ari i Rubavu azize Covid-19, yahise yuzuza umubare w’abantu 57 bamaze kwicwa n’iki cyorezo kuva cyagera mu Rwanda muri Werurwe 2020.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka