#COVID19: Habonetse abarwayi bashya 41, abakize ni 24

Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu tariki 05 Ukuboza 2020, mu Rwanda habonetse abantu 41 bashya banduye COVID-19, abakize bakaba ari 24.

Abo barwayi bashya 41 babonetse mu bipimo 3,685 bakaba barimo ababonetse i Kigali: 18, Rubavu: 19, Kirehe: 1, Nyagatare: 1, Rusizi: 1, Gakenke: 1.

Kugeza kuri uyu wa Gatandatu, mu Rwanda abamaze kwandura icyo cyorezo ni 6,084 muri bo abamaze gukira ni 5,696, naho abakivurwa ni 337.

Mu Rwanda umugabo w’imyaka 45 yishwe na Covid-19 i Kigali ku wa Gatanu tariki 04 Ukuboza 2020 ahita yuzuza umubare w’abantu 51 bamaze kwicwa n’iki cyorezo kuva cyagera mu Rwanda muri Werurwe 2020.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka