#COVID19: Abarwayi bashya 87 barimo 59 babonetse mu isoko rya Nyabugogo

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Mbere tariki 17 Kanama 2020 mu Rwanda abantu 13 bakize icyorezo cya COVID-19, mu gihe habonetse abarwayi bashya 87.

Abo barwayi bashya 87 barimo 59 babonetse i Kigali (bapimwe mu isoko rya Nyabugogo), i Rusizi habonetse 25, i Huye haboneka 2, i Nyamasheke haboneka 1.

Muri rusange kugeza kuri uyu wa Mbere abamaze gukira bose hamwe ni 1,661 naho abakivurwa ni 871.

Abamaze kwicwa n’icyo cyorezo mu Rwanda ni umunani.

Minisiteri y’Ubuzima isaba Abaturarwanda bose gukomeza kwitwararika bubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Hhhhhh, ariko bafunze igihugu bikagira inzira bakareka gucunaguza abantu, mumakinamico

Alias yanditse ku itariki ya: 18-08-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka