#COVID19: Abarwayi bashya 59 babonetse muri Kigali

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu tariki 15 Kanama 2020 mu Rwanda abantu 27 bakize icyorezo cya COVID-19, mu gihe habonetse abarwayi bashya 59.

Abo barwayi bashya bose uko ari 59 babonetse i Kigali (bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi no mu midugudu iri mu kato).

Muri rusange kugeza kuri uyu wa Gatandatu abamaze gukira bose hamwe ni 1,631 naho abakivurwa ni 713.

Abamaze kwicwa n’icyo cyorezo mu Rwanda ni umunani.

Minisiteri y’Ubuzima isaba Abaturarwanda bose gukomeza kwitwararika bubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka