#COVID19: Abantu bane bitabye Imana, abanduye bashya ni 42

Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 1 Gashyantare 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 42, bakaba babonetse mu bipimo 10,439.

Abantu bane bitabye Imana mu Rwanda kuri uyu munsi bazize icyo cyorezo, bakaba ari abagore babiri, umwe w’imyaka 82 i Nyamagabe n’uw’imyaka 29 mu Mujyi wa Kigali. Hri kandi abagabo babiri, umwe w’imyaka 71 i Gakenke n’uwa 70 i Musanze.

Abamaze kwitaba Imana mu Rwanda bazize Covid-19 bose hamwe bahise baba 1444, nk’uko imibare yatangajwe ibigaragaza.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka