#COVID19: Abantu babiri bitabye Imana, abanduye bashya ni 50

Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Mbere tariki 31 Mutarama 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 50, bakaba babonetse mu bipimo 9,234.

Abantu babiri bitabye Imana mu Rwanda kuri uyu munsi bazize icyo cyorezo, bakaba ari abagore bombi bo mu Mujyi wa Kigali.

Abamaze kwitaba Imana mu Rwanda bazize Covid-19 bose hamwe bahise baba 1440, nk’uko imibare yatangajwe ibigaragaza.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka