Abo barwayi bashya 43 barimo abantu 36 bahuye n’abanduye mu masoko ya Kigali, 4 babonetse i Rubavu, 2 babonetse i Muhanga, undi umwe aboneka muri Gisagara.
Muri rusange kugeza kuri uyu wa Mbere, abamaze kwandura icyo cyorezo mu Rwanda ni 4,063 muri bo abamaze gukira ni 2,013 naho abakivurwa ni 2,034.
Abamaze kwicwa n’icyo cyo cyorezo bose hamwe mu Rwanda ni cumi na batandatu (16).
Minisiteri y’Ubuzima isaba Abaturarwanda bose gukomeza kwitwararika bubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
Twese dufatanye dukomeze kubahiriza amabwiriza duhabwa n’ubuyobozi bwacu