#COVID19: Abantu 55 banduye babonetse mu bipimo 5,622

Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kane tariki 02 Kamena 2022 mu Rwanda habonetse abantu 55 banduye Covid-19, bakaba babonetse mu bipimo 5,622.

Abo bantu 55 barimo 28 babonetse i Kigali, abantu 10 babonetse i Gicumbi, barindwi i Rutsiro, batanu i Musanze, n’abandi batanu i Burera.

Iyi mibare isa n’aho ari myinshi y’abanduye igaragaye mu gihe hari hamaze iminsi haboneka ababarirwa mu icumi. Mbere yaho ku wa Gatatu tariki 01 Kamena 2022 mu Rwanda hari habonetse abantu 15 banduye Covid-19 mu bipimo 3,773.

Nta muntu witabye Imana mu Rwanda kuri uwo munsi azize icyo cyorezo, abamaze kwitaba Imana mu Rwanda bazize Covid-19 ni 1,459 nk’uko imibare yatangajwe ibigaragaza.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

agapfuka munwa nikimwe mubirinda kwandura Covid abantu bensi bapimwa bavanwa muma coaster nibaza ko aho naho babonekamo ibaze umuntu umwe wanduye muli Shira umuteto umubare wabantu yanduza!!haraho abantu bagombye gukomeza kugakoresha muli bus munsengero mumasoko mumavuliro naho ubundi ukwezi gushobora kurangira twagere mugihumbi da

lg yanditse ku itariki ya: 4-06-2022  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka