#COVID19: Abanduye bane babonetse mu bipimo 3,377

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 4 Gicurasi 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya bane, bakaba babonetse mu bipimo 3,377.

Abo bantu bane banduye, babiri babonetse i Kigali, umwe aboneka i Rubavu, undi aboneka i Nyagatare. Nta muntu witabye Imana mu Rwanda kuri uwo munsi azize icyo cyorezo, abamaze kwitaba Imana mu Rwanda bazize Covid-19, ni 1,459 nk’uko imibare yatangajwe ibigaragaza.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka