#COVID-19: Mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 5, abakize ni 14

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu tariki 03 Ukwakira 2020 mu Rwanda habonetse abantu batanu (5) bashya banduye icyorezo cya COVID-19, mu gihe abakize ari 14.

Abo barwayi bashya batanu babonetse mu bipimo 2,568 bakaba barimo bane babonetse muri Kigali, n’undi 1 waboneka i Nyamagabe.

Kugeza kuri uyu wa Gatandatu mu Rwanda abamaze kwandura icyo cyorezo ni 4,852 muri bo abamaze gukira ni 3,211 naho abakivurwa ni 1,612.

Abamaze kwicwa na COVID-19 mu Rwanda bose hamwe ni 29.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka