COVID-19: Habonetse abarwayi bashya 30, naho 25 bakize

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Mbere tariki 03 Kanama 2020, mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 30 banduye COVID-19.

Abo barwayi 20 babonetse mu bipimo 3,491, abamaze kuboneka mu Rwanda banduye icyo cyorezo bose hamwe baba 2,092.

Minisiteri y’Ubuzima yasobanuye ko abo barwayi bashya 30 barimo 13 babonetse muri Kigali (bapimwe mu midugudu iri mu kato), 11 babonetse muri Rubavu (Abaturarwanda batashye bahita bashyirwa mu kato), batanu muri Rusizi n’undi umwe muri Kayonza.

Abantu 25 mu bari barwaye bakize kuri uyu wa Mbere, naho abamaze gukira bose hamwe baba 1,169, mu gihe abakirwaye ari 918.

Abamaze kwicwa n’icyo cyorezo mu Rwanda ni batanu.

Minisiteri y’Ubuzima isaba Abaturarwanda bose gukomeza kwitwararika bubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka