#COVID-19: Habonetse abandi barwayi bashya 38, abakize ni 27

Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Nyakanga 2020 mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 38 ba COVID-19.

Abo barwayi 38 babonetse mu bipimo 5,705, abamaze kuboneka mu Rwanda banduye icyo cyorezo bose hamwe baba 1,416.

Minisiteri y’Ubuzima yasobanuye ko abo barwayi bashya 38 barimo 18 babonetse muri Kigali (itsinda riri mu kato ryitabwaho by’umwihariko), 12 babonetse muri Nyamasheke (bapimiwe ahagaragaye ubwandu bwinshi), bane babonetse muri Rusizi, 2 muri Rubavu, umwe muri Kirehe, n’undi umwe muri Nyabihu.

Abantu 27 mu bari barwaye bakize kuri uyu wa Kabiri, abamaze gukira bose hamwe baba 737, naho abakirwaye ni 675.

Abamaze kwicwa n’icyo cyorezo mu Rwanda ni bane.

Minisiteri y’Ubuzima isaba abaturarwanda bose gukomeza kwitwararika bubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka