#COVID-19: Abarwayi bashya 26 babonetse muri Rusizi, Rusumo n’i Kigali

Amakuru atangwa na Minisiteri y’Ubuzima aragaragaza ko kuri iki Cyumweru tariki 21 Kamena 2020 mu Rwanda habonetse abarwayi bashya makumyabiri na batandatu (26) ba COVID-19.

Abo barwayi 26 babonetse mu bipimo 3,252 byafashwe kuri iki Cyumweru,
abamaze kuboneka mu Rwanda banduye icyo cyorezo bose hamwe ni 728.

Minisiteri y’Ubuzima iravuga ko abo barwayi bashya barimo abagaragaye muri Rusizi(18), Rusumo (2) na Kigali (6), hakaba harimo abapimwe mu baturage aho batuye.

Abantu babiri mu bari barwaye bakize, abamaze gukira bose hamwe baba 359, naho abakirwaye ni 367.

Ni mu gihe abamaze kwicwa n’icyo cyorezo mu Rwanda ari babiri.

Minisiteri y’Ubuzima isaba abaturarwanda bose gukomeza kwitwararika bubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

ndabona covid19 kbx igiyekuza mbya ibinu murakoz

tuyizere Aimable yanditse ku itariki ya: 21-06-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka