#CHOGM2022: Barebeye hamwe uko bahangana n’ikindi cyorezo gishobora kwaduka
Icyorezo cya Covid-19 cyagaragaje ko hari intege nkeya mu nzego z’ubuzima hirya no hino ku Isi. Ibihugu byahuye n’ikibazo gikomeye cyo kunanirwa gukumira umubare munini w’abandura icyorezo cya Covid-19. Abantu benshi barapfuye bazize ko batabonye ubuvuzi mu gihe gikwiye.
Ibyo byatewe n’uko icyorezo cyatunguranye cyane, ariko iterambere ry’ikoranabuhanga ryihuse, ryagaragaje ko hari byinshi bishobora gukorwa mu gihe hari ingengo y’imari ikwiye ndetse n’ubushake bwa politiki.

Ku itariki 21 Kamena 2021,ubwo Perezida w’Inteko ishinga amategeko mu Rwanda, Mukabalisa Donatille yagezaga ijambo ku bitabiriye inama y’iminsi ibiri ya ‘Commonwealth People’s Forum’ yaberaga mu Mujyi wa Kigali, yitabiriwe n’abantu basaga 250, yasobanuye uko icyorezo cya Covid-19 cyatunguranye.
Yagize ati “Icyorezo cya Covid-19, cyagaragaje intege nke ziri mu nzego z’imiyoborere mu bijyanye no guha abaturage ibyo bakeneye”.
“Icyorezo cyagaragaje ubusumbane mu bihugu bigize umuryango wa Commonwealth mu bijyanye no kubona inkingo ndetse n’ibindi bikoresho byari bikenewe mu guhangana n’icyo cyorezo”.
Iyi nkuru dukesha The New Times ivuga ko Mukabalisa Donatille yavuze ko iyo nama ari umwanya mwiza wo kureba uko ibibazo bihari byakemurwa neza kurushaho.

Dr Ines Hassan, Umushakashatsi kuri gahunda ya ‘Global Health Governance Programme’ mu kigo cya ’Usher Institute’ yagize ati “Hari ibibazo byari bihuriweho n’ibihugu biteye imbere n’ibihugu bikiri mu nzira y’Amajyambere. Mu bibazo bihuriweho birimo kubura abakozi bahagije mu nzego z’ubuzima, ubusumbane, ubumenyi buke ku cyorezo, ndetse no kudashobora kubona serivisi zimwe na zimwe z’ubuzima”.
Inkuru zijyanye na: CHOGM 2022
- Dore umusaruro u Rwanda rwakuye muri CHOGM 2022
- Exclusive Interview with Dr Donald Kaberuka on the sidelines of #CHOGM2022
- Video: Tumwe mu dushya twaranze #CHOGM2022
- Sena y’u Rwanda yageneye Perezida Kagame ubutumwa bw’ishimwe
- Urubyiruko rwa Commonwealth rwagaragarije abayobozi ibyifuzo byarwo
- Perezida Kagame yashimiye abitabiriye CHOGM, abifuriza urugendo ruhire
- Gabon na Togo byabaye abanyamuryango bashya ba Commonwealth
- Hari abantu batari muri gereza bari bakwiye kuba bariyo - Perezida Kagame
- Igice kimwe cy’Isi ntigikwiye kugenera abandi indangagaciro - Perezida Kagame
- Ibibazo ntibihora ari iby’urubyiruko gusa, n’abakuze hari bimwe duhuriraho - Perezida Kagame
- Igikomangoma Charles n’umugore we Camilla birebeye imideri nyafurika
- Perezida Kagame yitabiriye umusangiro wateguwe n’Igikomangoma Charles
- #CHOGM2022: Ba Minisitiri b’Ububanyi n’amahanga baganiriye ku guhangana n’ingaruka za Covid-19
- Boris Johnson yifurije ishya n’ihirwe Perezida Kagame ugiye kuyobora Commonwealth
- Turi igihugu cyashenywe na Jenoside, ariko ubu cyarahindutse mu mutima, mu bwenge no ku mubiri - Perezida Kagame
- Perezida Kagame yakiriye ku meza abakuru b’Ibihugu bitabiriye CHOGM
- Abitabiriye #CHOGM2022 baryohewe n’umukino wa Cricket
- #CHOGM2022: Uko imihanda y’i Kigali ikoreshwa kuri uyu wa Gatanu
- Perezida Kagame yakiriye Ministiri w’Intebe w’u Bwongereza
- Imodoka zisaga 100 zikoresha amashanyarazi zirimo gutwara abitabiriye CHOGM
Ohereza igitekerezo
|