Abaturarwanda barasabwa kutadohoka ku ngamba zo kwirinda Covid-19 kuko igihari

Minisiteri y’Ubuzima itangaza ko n’ubwo imibare y’ubwandu bwa Covid-19 yagabanutseho gatoya ugereranyije no mu kwezi kwa Mutarama 2021, hakigaragara abantu nibura 50 cyangwa barenga bandura icyo cyorezo.

Abayobozi batandukanye bari mu kiganiro n'abanyamakuru
Abayobozi batandukanye bari mu kiganiro n’abanyamakuru

Mu kiganiro n’abanyamakuru ku ishusho ya Covid-19 mu Rwanda kirimo kuba kuri iki gicamunsi cyo ku wa 30 Werurwe 2021, Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Ngamije Daniel, yavuze ko nko mu byumweru bitatu bishize, uturere twa Gisagara na Nyanza two mu Ntara y’Amajyepfo ndetse n’Akarere ka Bugesera ko mu Ntara y’Iburasirazuba twari twibasiwe cyane.

Icyakora Dr. Ngamije avuga ko muri utwo turere imibare yatangiye gusa n’igabanuka, ariko ko mu Ntara y’Amajyepfo hakigarara ubwandu bwinshi ugereranyije no mu zindi Ntara.

Minisitiri Ngamije avuga ko ibi biterwa n’uko muri rusange hakigaragara abantu batubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19, ku buryo inzego z’umutekano buri munsi zifata abantu benshi barenze kuri ayo mabwiriza.

Uwo muyobozi avuga ko na none hari abakeka ko kuba hari abahawe urukingo rwa mbere bisobanuye ko abantu bashobora gusubira mu buzima busanzwe.

Yongeraho ko ayo makuru nta shingiro afite, kuko gukingirwa urukingo rwa mbere ndetse n’urwa kabiri bigabanya gusa ibyago byo kwandura covid-19 y’igikatu, ariko kuba wakwandura bikaba bishoboka.

Minisitiri Ngamije kandi avuga ko kuba hagiye kubaho gutaha kw’abanyeshuri bava ku mashuri bajya mu ngo iwabo, kuba bazataha harimo impera z’icyumweru cya Pasika bishobora kuba intandaro yo kongera gukwirakwiza ubwandu, bityo agasaba Abaturarwanda kwitwararika.

Avuga kandi ko muri aka karere ubu havugwa ubwoko bwa virus ya Covid-19 yihinduranyije, bityo ko ibi na byo bikwiye gutuma abantu barushaho gukaza ingamba zo kwirinda.

Ikindo ngo hari abantu barambiwe no kubahiriza amabwiriza yo kwirinda, ariko akabasaba kwihangana kuko nta yandi mahitamo uretse kurinda ubuzima.

Minisitiri Ngamije kandi yibukije ko guhera tariki ya 02 Mata 2021, abantu bazatangira guhamagarwa kugira ngo bahabwe urukingo rwa kabiri, ku bantu bahawe urukingo rwa mbere.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, JMV Gatabazi, arasaba abaturage bateshuka ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 kwihangana kuko bari hafi kugera ku ntsinzi.

Minisitiri Gatabazi avuga ko Abanyarwanda batsinze byinshi, kandi ko bishoboka ko bakomeza kwihangana kugeza nibura ubwo abanyarwanda 60% bazaba bamaze guhabwa urukingo rw’iki cyorezo.

Ashimira inzego zose zikomeje kugaragaza uruhare rwabo mu guhangana n’iki cyorezo, by’umwihariko urubyiruko rw’abakorerabushake.

Avuga ko muri ibi bihe hegerejwe umunsi mukuru wa Pasika, Abaturarwanda bakwiye kwitwararika kurushaho, birinda ko iyo minsi y’ikiruhuko yaba intandaro yo gutuma ubwandu bukwirakwira.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka