Abafite guhera ku myaka 18 bagiye gutangira gukingirwa Covid-19

Ikigo cy’igihugu cy’igihugu cyita ku Buzima (RBC) kiratangaza ko guhera ku wa Mbere tariki 23 Kanama 2021, abafite guhera ku myaka 18 mu Mujyi wa Kigali batangira guhabwa urukingo rwa Covid-19.

Mu butumwa bwa RBC bwaciye kuri Twitter, bagize bati "Covid-19 imaze kudutwara abantu benshi ariko Leta yazaniye abaturarwanda inkingo kugira ngo basubire mu buzima busanzwe. Guhera ku wa Mbera tariki 23 kanama 2021, i Kigali hazatangira gahunda yo gukingira abantu bafite guhera ku myaka 18".

Gahunda yo gukingira abantu bafite guhera ku myaka 18 ije nyuma yuko muri iki cyumweru, u Rwanda rwakiriye inkingo zisaga ibihumbi 600 harimo ibihumbi 200 zo mu bwoko bwa Sinopharm zatanzwe na Leta y’u Bushinwa hamwe n’izindi zisaga gato ibihumbi 488 zo mu bwoko bwa Pfizer, zatanzwe na Leta zunze Ubumwe za Amerika binyuze muri gahunda ya Covax.

Icyiciro cy’abafite imyaka 18 kuzamura kigiye guhabwa urukingo, mu gihe hari hashize iminsi inkingo zihabwa abafite imyaka 40 kuzamura.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka