Ku gicamunsi cyo kuwa mbere tariki 24/09/2012, uru rukiko rwatangaje ko ubujurire bwa Uwinkindi ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside nta shingiro bufite kubera uburemere bw’ibyaha aregwa.
Uwinkindi n’abamwunganira, Me Gatera gashabana na Me Jean Baptiste Niyibizi, bari bajuriye bavuga ko hari amategeko yirengagijwe n’umucamanza wafashe icyo cyemezo, bashingiye ku ngingo ubucamanza bwatanze, zirimo nk’ivuga ko imyirondoro yatanzwe atari iye.
Ikindi bavuga ni ku ifatwa rye n’uburyo yashyikirijwe urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), ndetse akanashyirwa mu bayobozi ngo kandi ataranarangije amashuri.
Jean Uwinkindi wahoze ari Pasiteri mu cyahoze ari komini Kanzenze, habaye mu karere ka Bugesera, yafashwe mu mwaka w’2010 muri Uganda, ahita yoherezwa ku rukiko rw’i Arusha.
Mu kwezi kwa 04/2012 yagejejwe mu Rwanda, aho agombwa gukurikiranwa ku byaha bitatu birimo gukora Jenocide, itsembatsemba n’icyaha kibasiye inyokomuntu.
Emmanuel N. Hitimana
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|