Umunyarwanda uba mu Bufaransa agiye koherezwa kuburanira mu Rwanda

Urukiko rwo mu Bufaransa, tariki 29/03/2012, rwemeje ko Umunyarwanda uba muri icyo gihugu witwa Muhayimana Claude azoherezwa kuburanira mu Rwanda mu minsi iri imbere.

Urwo rukiko rwafashe icyemezo cyo kohereza Muhayimana kuburanira mu Rwanda nyuma yo gusuzuma ubushobozi bw’inkiko z’u Rwanda rugasanga zujuje ibisabwa n’ubutabera mpuzamahanga kandi Leta y’u Rwanda ikaba yubahiriza uburenganzira bwa muntu.

Muhayimana Claude uba mu mujyi wa Rouen akurikiranyweho icyaha cya Jenoside ashinjwa gukorera mu cyahoze ari Perefegitura ya Kibuye aho yari umushoferi kuri Guest House. Impapuro zo kumuta muri yombi zatanzwe umwaka ushize wa 2011.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka