U Rwanda rwishimiye ifatwa rya Kabuga, rwemereye Urukiko Mpuzamahanga kumuburanisha
Ubushinjacyaha bw’u Rwanda buravuga ko Urwego rwasigariyeho Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (IRMCT), ari rwo rufite ububasha bwo kuburanisha Kabuga Felicien wafatiwe mu Bufaransa kuri uyu wa 16 Gicurasi 2020.

Umuvugizi w’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda, Faustin Nkusi avuga ko bishimiye icyemezo cyo guta muri yombi Kabuga Felicien ushinjwa kuba umuterankunga ukomeye wa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kurema umutwe w’Interahamwe ndetse no kugira uruhare mu gushinga radio RTLM.
Nkusi yabwiye Kigali Today ko nubwo urwego IRMCT rukorera i Arusha muri Tanzaniya ari rwo rufite ububasha bwo kuburanisha Kabuga Félicien, ngo hari amadosiye rwagiye rwoherereza u Rwanda y’abantu batandukanye, ku buryo ngo ruramutse rumwohereje inkiko z’u Rwanda ziteguye kumuburanisha.
Yagize ati “Impapuro zimuta muri yombi zashyizweho n’urwo rwego rukorera i Arusha, ni na rwo rwamushakishaga, cyane ko na dosiye ye ni ho iri, ubu rero igikurikiraho ndumva ari uko yajyanwa i Arusha kugira ngo aburanishwe”.
Ati “Uru ni uwego rwashyizweho n’Umuryango w’Abibumbye(UN), ni urwego rwizewe kandi rwahawe inshingano, icyo rusabwa rero ni ukuzuzuza nta kindi”.
Nkusi yakomeje agira ati “Kuba Kabuga yatawe muri yombi nyuma y’imyaka 26, ni icyemezo twishimiye kuko habayeho ubufatanye mpuzamahanga bw’inzego nka Interpol n’ibihugu bitandukanye.
Ibi biratanga ubutumwa bukomeye bugaragariza abakoze ibyaha ko aho bari hose, umunsi uwo ari wo wose bashobora gufatwa”.
Minisiteri y’Ubutabera y’u Bufaransa yasohoye itangazo rivuga ko inkiko z’icyo gihugu zizashyikiriza Kabuga Felicien Urukiko Mpuzamahanga mpanabyaha rukorera i La Haye mu Buholandi, akaba ari rwo rumuburanisha, ariko urwo rukiko rukaba n’ubusanzwe ari rwo ruyobora Urwego IRMCT.
U Bufaransa buvuga ko Kabuga Félicien yari atuye mu icumbi ryo mu gace kitwa Asnières-sur-Seine, aho yabaga mu bwihisho abifashijwemo n’abana be ngo bari baramuboneye imyirondoro mishya.
Inkuru zijyanye na: Kabuga Félicien
- Raporo y’abaganga ku burwayi bwa Kabuga Félicien bwo kwibagirwa irashidikanywaho
- Abaganga bagaragaje ko Kabuga Félicien atiteguye gukomeza urubanza
- Kabuga Félicien agiye kwitaba Urukiko mu nama itegura urubanza
- Imbere y’Urukiko i La Haye, Kabuga Félicien yavuze amazina ye gusa
- Kabuga Felicien aritaba urukiko bwa mbere nyuma yo kugezwa mu Buholandi
- Félicien Kabuga yajyanywe i La Haye kugira ngo atangire kuburana
- Kohereza Kabuga Arusha cyangwa i La Haye, ubutabera mpuzamahanga burasabwa gufata icyemezo
- Kabuga Félicien azaburanira i La Haye mu Buholandi
- Amazina y’abazaburanisha Kabuga yamenyekanye
- Urukiko rwo mu Bufaransa rwemeje ko Kabuga Felicien ashyikirizwa Urukiko Mpuzamahanga
- Kabuga Félicien ashobora koherezwa i Arusha mu kwezi gutaha
- Filime ivuga ku ruhare rwa Kabuga muri Jenoside yasohotse
- Kabuga Félicien yari afite umuyoboro wagutse umufasha kwihisha ubutabera – Amb. Rugwabiza
- Félicien Kabuga agiye kuburanishirizwa i Arusha
- Mu rukiko, Kabuga yasabye kurekurwa akaba ari kumwe n’abana be
- Kabuga Félicien yahakanye ibyaha ashinjwa
- Imiryango iharanira inyungu z’abarokotse Jenoside irasaba ko Kabuga yoherezwa kuburanira mu Rwanda
- Barasaba ko abafashije Kabuga Félicien kwihisha ubutabera babiryozwa
- Urupfu rwa Bizimana ni igihombo ku butabera – JB Siboyintore
- Bizimana washakishwaga hamwe na Kabuga, byemejwe ko yapfuye muri 2000
Ohereza igitekerezo
|