U Bufaransa bushobora kohereza mu Rwanda Umunyarwanda uregwa Jenoside

Urukiko rwa Rouen mu gihugu cy’u Bufaransa, kuri uyu wa Gatanu tariki 30/03/2012, rwatangaje ko rwifuza ko Claude Muhayimana, uregwa jenoside yoherezwa mu Rwanda kugira ngo abe ariho aburanishirizwa.

Nk’uko bitangazwa na televiziyo y’abarabu Aljazeera, Muhayimana unafite ubwenegihugu bw’Abafaransa, azoherezwa mu Rwanda ari uko leta y’u Bufaransa ibyemeje.

Gusa mu mateka yacyo, nta na rimwe iki gihugu kirohereza umuturage wacyo kuburanira ahandi.

Icyo u Bufaransa bwaba bwarakoze ni ukohereza bamwe mu baregwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, muri Tanzaniya ku Rukiko Mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR).

Claude Muhayimana, yashyiriweho impapuro mpuzamahanga zo ku muta muri yombi mu kwezi kwa 12, kubera uruhare akekwaho rwo kugira uruhare muri uruhare mu ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside ndetse n’ibindi byaha byibasiye ikiremwa muntu.

Kuva igihano cyo gupfa cyakurwaho mu Rwanda mu mwaka wa 2007, Leta yijeje amahanga ko ubucamanza buzajya ruca imanza hagendewe ku kigero mpuzamahanga.

Jean Noel Mugabo

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka