Mugesera yahawe indi minsi 15 yo kwitegura urubanza

Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwemereye Leon Mugesera indi minsi 15 yo kwitegura kuburana urubanza rwo gufungwa by’agateganyo mu gihe azaba yitaba inkiko. Mugesera azagaruka imbere y’urukiko tariki 24/05/2012.

Ubwo yageraga imbere y’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge tariki 10/05/2012, Mugesera yasomewe ibyaha aregwa byose aribyo gucura no gutegura umugambi wa Jenoside, ubufatanyacyaha mu gukora Jenoside n’ibyaha byibasiye inyoko muntu, gushishikariza abaturage kwica abandi, kwica no gutsemba Abatutsi, hamwe no kubiba urwangano rushingiye ku moko.

Prezida w’urukiko, Saudah Murerehe, yavuze ko Ubushinjacyaha bushobora gutangira guhamagara no kubaza Mugesera nyuma yo kurangiza imiti kuri uyu wa gatanu nk’uko nyiri ukuburana yari yabisabye.

Urukiko kandi rwasabye ko Mugesera ahabwa dosiye yose y’urubanza rwe, kugira ngo hubahirizwe amasezerano u Rwanda rwasinye ubwo rwakiraga Mugesera avanywe muri Canada.

Mugesera wakomeje gutinza urubanza ashobora kuzatanga andi mananiza y’uko atarabona abamuburanira kuko urukiko rutigeze rugira icyo rubivugaho.

Simon Kamuzinzi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka