
Uyu mugabo ni umwe mu bantu bashakishwaga cyane ku isi, kubera uruhare akekwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse Leta zunze ubumwe za Amerika zari zarashyizeho igihembo cya miliyoni eshanu z’amadolari ya Amerika ku muntu uzatanga amakuru yatuma uyu mugabo afatwa.
Kabuga yafatiwe i Paris mu Bufaransa, ku bufatanye n’abayobozi b’ u Bufaransa bafatanyije iperereza n’ibiro by’Urwego rwasigariyeho Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (IRMCT).
Umushinjacyaha Mukuru w’urwo Rwego, Serge Brammetz yavuze ko ifatwa rya Kabuga ari ikimenyetso cy’uko abagize uruhare muri Jenoside bose bazagezwa mu butabera igihe icyo ari cyo cyose.
Yagize ati “Ibitekerezo byacu by’ibanze biri ku barokotse n’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi. Kubakorera ubuvugizi, ni icyubahiro cya kinyamuga ku kazi kanjye”.
Serge Brammetz avuga ko ifatwa rya Kabuga rigaragaza ko haramutse habayeho ubufasha bw’Umuryango w’Abibumbye, ibyagerwaho ari byinnshi.
Ati “Uyu musaruro turawukesha Akanama ka Loni gashinzwe Amahoro, kiyemeje gushyiraho uru rugereko ngo rukomeze gukurikirana ibibazo kuri Jenoside yakorewe Batutsi ndetse n’ibyo muri Yugoslavia.
Turashimira u Bufaransa n’urwego rwabwo rushyiraho amategeko, cyane cyane ibiro bishinzwe kurwanya ibyaha byibasira inyoko muntu, ibya Jenoside ndetse n’iby’intambara, tugashimira n’ ibiro by’Umushinjacyaha Mukuru mu Rukiko rw’Ubujurire rwa Paris”.
Yavuze ko gufata Kabuga bitari gushoboka izo nzego zose zitabigizemo uruhare.
Serge yashimiye n’abandi bafatanyabikorwa bagize uruhare mu itabwa muri yombi rya Kabuga, harimo inzego zishyiraho amategeko ndetse n’ubushinjacyaha zo mu Rwanda, u Bubiligi, u Bwongereza, u Budage, u Buholandi, Australia, Luxembourg, u Busuwisi, USA, Polisi y’Uburayi na Polisi mpuzamahanga.
Ati “Iri tabwa muri yombi rigaragaza rigaragaza umusaruro udasanzwe waboneka binyuze mu bufatanye bw’inzego mpuzamahanga zishyiraho amategeko ndetse n’ubucamanza”.
Yavuze ko mu ntangiriro z’uyu mwaka, ibiro uru rwego rwasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama muri Bugesera, mu rwego rwo kunamira inzirakarengane zazize Jenoside, ndetse no kuvugurura ibyo twiyemeje gukora mu gutanga ubutabera, akavuga ko itabwa muri yombiu rya Kabuga rigaragaza imbaraga zashyizwemo.
Mu 1997, Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwari rwarashyiriweho u Rwanda (ICTR), rwashinje Kabuga ibyaha birindwi bya Jenoside, ubufatanyacyaha muri Jenoside, gushishikariza mu buryo butaziguye no gukangurira rubanda gukora Jenoside, gushaka gukora Jenoside, umugambi wo gukora Jenoside, gutoteza no gutsemba, byose bifitanye isanona Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Nkuko biteganywa n’amategeko y’u Bufaransa, biteganyijwe ko Kabuga ajyanwa gufungirwa mu rugereko rwihariyerwasigariyeho icyahoze ari ICTR, akazabona kugezwa mu rukiko.
Serge yavuze ko Polisi y’u Bufaransa yataye muri yombi Kabuga u buryo butoroshye, bwahujwe n’ibikorwa byo gusaka mu bice bitandukanye.
Urwego rwasigariyeho urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyizweho n’akanama ka Loni gashinzwe umutekano, mu rwego rwo kurangiza imanza zasizwe n’icyahoze ari Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda na Yugoslavia, rwahagaritse imirimo yarwo muri 2015 na 2017.
Inkuru zijyanye na: Kabuga Félicien
- Raporo y’abaganga ku burwayi bwa Kabuga Félicien bwo kwibagirwa irashidikanywaho
- Abaganga bagaragaje ko Kabuga Félicien atiteguye gukomeza urubanza
- Kabuga Félicien agiye kwitaba Urukiko mu nama itegura urubanza
- Imbere y’Urukiko i La Haye, Kabuga Félicien yavuze amazina ye gusa
- Kabuga Felicien aritaba urukiko bwa mbere nyuma yo kugezwa mu Buholandi
- Félicien Kabuga yajyanywe i La Haye kugira ngo atangire kuburana
- Kohereza Kabuga Arusha cyangwa i La Haye, ubutabera mpuzamahanga burasabwa gufata icyemezo
- Kabuga Félicien azaburanira i La Haye mu Buholandi
- Amazina y’abazaburanisha Kabuga yamenyekanye
- Urukiko rwo mu Bufaransa rwemeje ko Kabuga Felicien ashyikirizwa Urukiko Mpuzamahanga
- Kabuga Félicien ashobora koherezwa i Arusha mu kwezi gutaha
- Filime ivuga ku ruhare rwa Kabuga muri Jenoside yasohotse
- Kabuga Félicien yari afite umuyoboro wagutse umufasha kwihisha ubutabera – Amb. Rugwabiza
- Félicien Kabuga agiye kuburanishirizwa i Arusha
- Mu rukiko, Kabuga yasabye kurekurwa akaba ari kumwe n’abana be
- Kabuga Félicien yahakanye ibyaha ashinjwa
- Imiryango iharanira inyungu z’abarokotse Jenoside irasaba ko Kabuga yoherezwa kuburanira mu Rwanda
- Barasaba ko abafashije Kabuga Félicien kwihisha ubutabera babiryozwa
- Urupfu rwa Bizimana ni igihombo ku butabera – JB Siboyintore
- Bizimana washakishwaga hamwe na Kabuga, byemejwe ko yapfuye muri 2000
Ibitekerezo ( 4 )
Ohereza igitekerezo
|
ubwose mushaka kuvuga ko ubufaransa bumaze kino gihe close bitazi ko kabuga ari mu gihugu cyabo , duherutse aba muri kenya uko yahavuye rero akajya mu bufaransa bizwi nibyo bihugu uko ari bibiri.rero kuvuga ayo magambo ngo yubufatanye kandi bari baribazi neza ko bamucumbikiye none ubu ubera ko bamukuyeho amaboko nibwo batangaje bamufashe
Dushyigikiye uzagira uruhare wese mugufatisha no gutangamakuru aho abagize uruhare muri jenocide yakorewe abatutsi baherereye bravo kubufaransa nubwinzira ikirindende ,nahubundi eac niyumvikane tubonuko duhahirana tuzahura ubukungu bwakarere
Ngewe nk’Umukristu,mpora nibaza impamvu umuntu agirira nabi undi.Kuki abantu bicana?Kuki barwana kandi Imana ibitubuza?Kuki ugirira nabi umuntu nkawe?Nyamara ejo uzasaza,ugapfa.
Uyu nubwo agiye gufungwa,azapfa vuba,kubera ko ashaje cyane.Igihano nyamukuru Imana izaha abantu babi bose,ntabwo gereza.Ntabwo bazazuka ku Munsi wa nyuma.Iyo bapfuye ntibongera kubaho.Ntabwo bajya mu muriro cyangwa ngo bitabe Imana.Bajya mu gitaka,bakabora bikarangira.Urugero,ADAMU amaze gukora icyaha,Imana yamubwiye ko azapfa akajya mu gitaka ntiyongere kubaho.Ariko abantu bumvira Imana,nubwo aribo bake nkuko Yezu yavuze muli Matayo 7:13,14,Imana izabazura ku Munsi wa nyuma,ibahe ubuzima bw’iteka muli paradizo.Soma Yohana 6:40.
Ndumukozi wa ADEPR nifuzaga guhuzwa n’umunyamakuru nkamugezaho akarengane twagiriwe. Turabantu 8. Tell : 0782100005