Kabuga Félicien ashobora koherezwa i Arusha mu kwezi gutaha
Umushinjacyaha Mukuru w’Urwego rwasigaranye imirimo y’icyari Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda(IRMCT), Serge Brammertz, yavuze ko Kabuga Félicien ashobora koherezwa i Arusha mu kwezi gutaha kwa Nzeri cyangwa mu Kwakira 2020.
Brammertz yabitangarije i Kigali kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Kanama 2020, aho yaje gushaka ibimenyetso byiyongera ku bishinja Kabuga, hamwe n’andi makuru yafasha gushakisha abandi batarafatwa baregwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Yagize ati "Biracyagoranye kumenya igihe urubanza rwa Kabuga Félicien ruzatangirira, turacyategereje ko yoherezwa muri gereza y’Urukiko, bishobora kuba muri Nzeri cyangwa mu Kwakira, ntabyo nzi, itsinda ryanjye rikomeje kwegeranya ibimenyetso byuzuza dosiye ye, turakora ibishoboka ngo tuzabe twiteguye".
Yongeyeho ati "Icyakora dushingiye ku zindi manza nk’uru, ni na ngombwa cyane ko n’abamwunganira bitegura bihagije, mu mateka y’uru rukiko kugira ngo rutangire iburanisha bifata nk’umwaka umwe kuva igihe umuntu afatiwe kugera ku itangira ry’urubanza".
Serge Brammertz avuga ko kwihuta k’urubanza rwa Kabuga Félicien, bizaterwa n’impande zombi z’ababurana, Ubushinjacyaha ku ruhande rumwe ndetse na Kabuga hamwe n’abamwunganira ku rundi ruhande.
Brammertz akomeza avuga ko ikindi cyamugenzaga ari imikoranire na Leta y’u Rwanda kugira ngo abaregwa kuba abacurabwenge ba Jenoside yakorewe Abatutsi bakidegembya na bo batabwe muri yombi.
Umushinjacyaha Mukuru wa Repubulika y’u Rwanda, Aimable Havugiyaremye yavuze ko yakiriye Brammertz kugira ngo barebe ibimenyetso bishya byakongerwa muri dosiye ya Kabuga, kandi ko abagishakishwa na bo hari icyizere ko bazafatwa.
Havugiyaremye yagize ati "Turacyakorana (na IRMCT) mu gushakisha abandi, amaherezo na bo bazafatwa. Ikindi nk’uko bisanzwe, iyo umuntu afashwe, nk’abashinjacyaha turongera tukareba mu bimenyetso dufite cyangwa iby’abatanze ubuhamya, niba nta kindi gishya cyakwiyongeramo cyangwa ibigifite akamaro, kugira ngo twitegure neza urubanza".
Ati "Ku ikurikiranwa rya Kabuga rero, urwandiko rumushakisha rwatanzwe mu mwaka wa 2007, ni byiza ko uyu munsi nyuma y’imyaka 13 kureba ibyo bimenyetso byariho icyo gihe no kureba uko bihagaze n’uburyo dushobora kuba twabyongera tugendeye ku makuru mashya, ibyo bimenyetso rero birahari bikaba ari byo turimo gukorana hamwe na IRMCT kugira ngo dutegure dosiye ye neza".
Abandi baregwa Jenoside yakorewe Abatutsi Ubushinjacyaha bw’u Rwanda hamwe n’ubw’Urukiko Mpuzamahanga barimo gushakisha, barimo Protais Mpiranya, Fulgence Kayishema, Aloys Ndimbati, Phéneas Munyarugarama na Charles Sikubwabo.
Kabuga Félicien wari umaze imyaka 13 ashakishwa n’inkiko mpuzamahanga, Polisi yo mu Bufaransa yamufatiye muri icyo gihugu ku itariki 22 Gicurasi 2020, akaba ashinjwa gukangurira abantu gukora Jenoside (yakorewe Abatutsi) ndetse no kuyitera inkunga.
Inkuru zijyanye na: Kabuga Félicien
- Raporo y’abaganga ku burwayi bwa Kabuga Félicien bwo kwibagirwa irashidikanywaho
- Abaganga bagaragaje ko Kabuga Félicien atiteguye gukomeza urubanza
- Kabuga Félicien agiye kwitaba Urukiko mu nama itegura urubanza
- Imbere y’Urukiko i La Haye, Kabuga Félicien yavuze amazina ye gusa
- Kabuga Felicien aritaba urukiko bwa mbere nyuma yo kugezwa mu Buholandi
- Félicien Kabuga yajyanywe i La Haye kugira ngo atangire kuburana
- Kohereza Kabuga Arusha cyangwa i La Haye, ubutabera mpuzamahanga burasabwa gufata icyemezo
- Kabuga Félicien azaburanira i La Haye mu Buholandi
- Amazina y’abazaburanisha Kabuga yamenyekanye
- Urukiko rwo mu Bufaransa rwemeje ko Kabuga Felicien ashyikirizwa Urukiko Mpuzamahanga
- Filime ivuga ku ruhare rwa Kabuga muri Jenoside yasohotse
- Kabuga Félicien yari afite umuyoboro wagutse umufasha kwihisha ubutabera – Amb. Rugwabiza
- Félicien Kabuga agiye kuburanishirizwa i Arusha
- Mu rukiko, Kabuga yasabye kurekurwa akaba ari kumwe n’abana be
- Kabuga Félicien yahakanye ibyaha ashinjwa
- Imiryango iharanira inyungu z’abarokotse Jenoside irasaba ko Kabuga yoherezwa kuburanira mu Rwanda
- Barasaba ko abafashije Kabuga Félicien kwihisha ubutabera babiryozwa
- Urupfu rwa Bizimana ni igihombo ku butabera – JB Siboyintore
- Bizimana washakishwaga hamwe na Kabuga, byemejwe ko yapfuye muri 2000
- Uko Kabuga Félicien yatawe muri yombi
Ohereza igitekerezo
|
Uyu mubirigi ntabwo asanzwe.Yakoresheje Ikorana-buhanga amenya aho Kabuga yari yihishe.Uretse ko hari ibyo atashobora.Urugero,ntabwo yamenya aho ya ndege ya Malaysia Airlines,Flight MH 370 iherereye.Iyo ndege yabuze le 08/03/2014,itwaye abantu 239.Yavaga muli Malaysia ijya I Beijing (China),iburira hejuru ya South China Sea.Technology y’abantu igira aho igarukira.Nyamara Imana izi aho iriya ndege iri,kubera ko ishobora byose.Urugero,Imana yazuye Yezu mu mwaka wa 33.Kandi ku munsi wa nyuma,izazura abantu bapfuye bayumvira kandi batiberaga gusa mu gushaka ibyisi,ibahe ubuzima bw’iteka muli paradizo nkuko Yezu yabisobanuye muli Yohana 6,umurongo wa 40.Abapfa ntabwo baba bitabye Imana.Ahubwo bajya mu gitaka nkuko bibiliya ivuga.Roho idapfa yahimbwe n’umugabo witwaga Platon utaremeraga Imana dusenga.