IBUKA irifuza ko Kabuga Felicien yaburanishirizwa mu Rwanda
Umuryango uhagaranira inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, (IBUKA), uratangaza ko Kabuga Felicien azanywe kuburanira mu Rwanda aho yakoreye icyaha byarushaho gushimisha Abacitse ku icumu rya Jenoside.

Bitangajwe nyuma y’uko Kabuga Felicien atawe muri yombi i Paris mu gihugu cy’u Bufaransa nyuma y’igihe kirekire ashakishwa n’ubutabera mpuzamahanga ku byaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umuyobozi w’Umuryango Ibuka Prof. Jean Pierre Dusingizemungu, yavuze ko mu izina ry’abacitse ku icumu ahagarariye, bashimishijwe cyane n’itabwa muri yombi rya Kabuga Felicien, bikaba byarushaho kubashimisha aramutse azanywe kuburanira mu Rwanda aho yakoreye icyaha.
Agira ati “Ku bacitse ku icumu icyifuzo cyacu ni uko yagezwa mu Rwanda, niba ubuyobozi bw’u Rwanda hari icyo bwakora ku bufatanye nk’uko bwakunze kugaragaza ubwo bufatanye, Kabuga aje kuburanishwa aho yakoreye icyaha muri iki gihugu, akagezwa i Kigali rwose byadushimisha kurushaho”.
Ati “Abacitse ku icumu barushaho kumva ko ubutabera bukora, ko ubufatanye bw’ibihugu cyane cyane ku ruhare u Rwanda ruba rwabigizemo, bakumva ko urwo ruhare ruhari kandi ko n’abandi bakidegembya bizashoboka. Umuntu arihisha ariko kera kabaye agafatwa biratugaragarira ko bishoboka, Kabuga rero agejejwe mu Rwanda byarushaho kudushimisha”.
Prof. Dusingizemungu avuga ko nubwo biteganywa ko azoherezwa i Lahaye mu Buholandi mu butabera mpuzamahanga byaba byiza azanywe mu Rwanda.
Avuga ko Umuryango IBUKA bashimira uruhare Leta y’u Rwanda yakomeje kugira mu gushakisha abakoze ibyaha bya Jenoside barimo na Kabuga Felicien, kandi ko kuba yafatiwe mu gihugu cy’u Bufaransa ari ikimenyetso gikomeye cy’ubutabera mpuzamahanga.
Agira ati “Kuba yafatiwe mu gihugu cy’u Bufaransa ni ikigaragaza ubufatanye bw’ibihugu bitandukanye birimo n’u Bufaransa n’u Bubiligi n’ibindi bihugu ku mugabane w’Uburayi, ndetse n’ubushinjacyaha bw’u Bufaransa, inzego za Polisi mpuzamahanga ndetse na Polisi yo ku mugabane w’Uburayi”.
Avuga ko gufatwa kwa Kabuga ari ikimenyetso gifatika kigaragaza ko icyaha cya Jenoside kidasaza ku buryo n’abandi bazakomeza gufatwa.
Inkuru zijyanye na: Kabuga Félicien
- Raporo y’abaganga ku burwayi bwa Kabuga Félicien bwo kwibagirwa irashidikanywaho
- Abaganga bagaragaje ko Kabuga Félicien atiteguye gukomeza urubanza
- Kabuga Félicien agiye kwitaba Urukiko mu nama itegura urubanza
- Imbere y’Urukiko i La Haye, Kabuga Félicien yavuze amazina ye gusa
- Kabuga Felicien aritaba urukiko bwa mbere nyuma yo kugezwa mu Buholandi
- Félicien Kabuga yajyanywe i La Haye kugira ngo atangire kuburana
- Kohereza Kabuga Arusha cyangwa i La Haye, ubutabera mpuzamahanga burasabwa gufata icyemezo
- Kabuga Félicien azaburanira i La Haye mu Buholandi
- Amazina y’abazaburanisha Kabuga yamenyekanye
- Urukiko rwo mu Bufaransa rwemeje ko Kabuga Felicien ashyikirizwa Urukiko Mpuzamahanga
- Kabuga Félicien ashobora koherezwa i Arusha mu kwezi gutaha
- Filime ivuga ku ruhare rwa Kabuga muri Jenoside yasohotse
- Kabuga Félicien yari afite umuyoboro wagutse umufasha kwihisha ubutabera – Amb. Rugwabiza
- Félicien Kabuga agiye kuburanishirizwa i Arusha
- Mu rukiko, Kabuga yasabye kurekurwa akaba ari kumwe n’abana be
- Kabuga Félicien yahakanye ibyaha ashinjwa
- Imiryango iharanira inyungu z’abarokotse Jenoside irasaba ko Kabuga yoherezwa kuburanira mu Rwanda
- Barasaba ko abafashije Kabuga Félicien kwihisha ubutabera babiryozwa
- Urupfu rwa Bizimana ni igihombo ku butabera – JB Siboyintore
- Bizimana washakishwaga hamwe na Kabuga, byemejwe ko yapfuye muri 2000
Ohereza igitekerezo
|