Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bwa Suwede yakatiwe igihano cya burundu n’ubutabera bw’iki gihugu, nyuma yo guhamwa n’ibyaha bijyanye n’uruhare yagize muri Jenosside yakorewe Abatutsi.
Mugimba Jean Baptiste na Iyamuremye Jean Claude bakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi bagejejwe mu Rwamda ku mugoroba wo ku itariki ya 12 Ugushyingo 2016.
Mugimba Jean Baptiste na Iyamuremye Jean Claude bakurikiranweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi baragerazwa mu Rwamda kuri uyu wa gatandatu tariki ya 12 Ugushyingo 2016.
Munyakazi Leopold uregwa kugira uruhare rukomeye mu gutegura, gushishikariza no gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda, yagejejwe i Kigali.
Leta Zunze Ubumwe z’America zafashe icyemezo cyo kohereza mu Rwanda Leopold Munyakazi, Umunyarwanda uregwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi.
Mu Karere ka Ngororero harabarurwa imanza za gacaca zigera mu 1.016 zifite agaciro ka miliyoni 770Frw ntizirarangizwa.
Barahira Tito na Ngenzi Octavien bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorwe Abatutsi, baratangira kuburanishwa n’Urukiko rw’abaturage rw’i Paris mu Bufaransa.
Uwitwa Minani Hussein ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yafatiwe i Remera mu Giporoso, aho yazaga aturutse muri Tanzania yabaga.
Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Nyamagabe bwasabiye igifungo cy’imyaka icyenda umugabo Buturano Ananias w’imyaka 69, kubera icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside bumukurikiranyeho.
Ubutabera bwo mu Bwongereza, kuri uyu wa 18 Ukuboza 2015, burafatira umwanzuro Abanyarwanda batanu bahungiyeyo bashinjwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Urukiko rwa TPIR rukorera i Arusha rwakatiye Pauline Nyiramasuhuko, wari Minisitiri w’Iterambere ry’umugore mbere ya Jenoside, igifungo cy’imyaka 47.
U Rwanda rurakomeza gusaba ibihugu bigicumbikiye abakekwaho kugira uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi, kubata muri yombi bagashyikirizwa ubutabera.
Twahirwa Francois wigeze kuba Burugumestri wa komine Sake, yashinjwe n’abari abaturanyi be mu gihe cya Jenoside, ubwo yajyanwaga kuburanira iwabo.
Twahirwa Francois, uregwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi i Rukumbeli mu cyahoze ari Komini Sake, aravugwaho kwiyambaza mu bujurire abo ngo yatoje ubwicanyi ngo bamushinjure.
Minisitiri Johnston Busingye yatangaje ko n’ubwo muri Afurika y’uburengerazuba hakiri ibihugu bigicumbikiye abakekwaho Jenoside, nta n’umwe ucumbikiwe n’igihugu cya Gambia.
Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) iramagana icyemezo cyafashwe n’ubushinjacyaha bw’u Bufaransa bwo kudakurikirana Padiri Wenceslas Munyeshyaka ngo kubera ko nta bimenyetso bifatika.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyamagabe kuri uyu wa kane rwaburanishije Habyarimana Reverien wo mu mudugudu wa Kirwa, akagari ka Remera ho mu murenge wa Ruheru mu karere ka Nyaruguru, ukurikiranweho icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside.
Urukiko Rwisumbuye rwa Nyamagabe kuri uyu wa 18 Kamena 2015 rwaburanishije Habyarimana Reverien wo mu Mudugudu wa Kirwa, Akagari ka Remera ho mu Murenge wa Ruheru mu Karere ka Nyaruguru, ukurikiranweho icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside.
Sitefano Munyemana wo mu karere ka Nyamagabe arashinjwa icyaha cyo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kubera amagambo yavuze ko Abahutu nabo bakwiye kujya bibukwa kuko habayeho jenoside ebyiri.
Abacamanza n’abashinjacyaha baturutse mu nzego z’ubutabera zitandukanye, bibukijwe ko bagomba guha uburemere icyaha cyo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 kugira ngo harandurwe ingengabitekerezo yayo.
Umugabo witwa Birindabagabo Jean Paul, ukurikiranyweho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu cyahoze ari komini Sake, ubu ni mu murenge wa Rukumberi mu karere ka Ngoma; yagejejwe i Kigali akuwe muri Uganda, aho yafatiwe mu cyumweru gishize.
Bamwe mu baturage bakatiwe kurangiriza ibihano byabo mu mirimo nsimburagifungo ntibayitabira, bityo akarere ka Nyamagabe kakaba kagiye kubahagurukira abadashaka gukomeza imirimo nsimburagifungo bagasubizwa muri gereza.
Kurangiza inkiko Gacaca bikomeje kudindira kubera hari abatarishyura imitungo bangije muri Jenoside, uku gutinda kwishyura akenshi biterwa n’uko bamwe mu bangije imitungo batakiriho bigatuma yishyurwa n’abo mu miryango ya bo.
Mu gikorwa ngaruka mwaka cya paruwasi ya Mushaka muri Diyosezi ya Cyangugu, ku wa 23/11/2014, yerekanye abagarukiramana 13 bemeye kandi bagasaba imbabazi abo bahemukiye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.
Urukuko mpanabyaha rwahiriweho u Rwanda (ICTR) rwakatiye mu bujirire abari abayobozi bakuru b’Ishyaka rya MRND ryari ku butegetsi mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi igihano cyo gufungwa burundu nyuma y’uko mu mpera z’umwaka wa 2013 bari bakatiwe icyo gihano n’urukiko rwa mbere rw’ibanze.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyamagabe rwagusubitse ku nshuro ya 10 isuzumwa ry’ubujurire mu rubanza ruregwamo Kabirima Jean Damascene, nyuma yo gukatirwa n’urukiko Gacaca igihano cya burundu y’umwihariko, kubera uruhare akekwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe buratangaza ko abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu w’1994 bagakatirwa igihano cy’imirimo nsimburagifungo ifitiye igihugu akamaro (TIG) ariko ntibakirangize bagiye guhagurukirwa kugira ngo barangize igihano cyabo.
Urubanza ubushinjacyaha bw’urukiko rukuru bwajuririyemo Hategekimana Martin bakunze kwita Majyambere uregwa uruhare akekwaho kugira muri Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 rwasomwe igice izindi ngingo zarwo zirasubikwa.
Ubutabera bwo mu gihugu cya Suwedi bwemeje ko Stanislas Mbanenande azafungwa burundu kubera ko ahamwa n’ibyaha yakoze mu gutiza umurindi abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kuyigiramo uruhare rwe bwite.
Jean Berchmans Habinshuti uregwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, abashinzwe kumuburanira muri Canada, ntibabashije kumvisha urukiko icyifuzo cy’uko yagumayo agahabwa ibyangombwa by’ubuhunzi.