Kuri uyu wa Mbere tariki 25 Gicurasi 2020, urubanza ruregwamo Vital Kamerhe na bagenzi be bashinjwa kunyereza agera kuri Miliyoni 50 z’Amadorari ya Amerika rwasubukuwe. Uyu munsi urubanza rwibanze ku masezerano yo gutanga isoko ryo kubaka inzu 4,500 muri gahunda yiswe iy’iminsi ijana (100 jours).
Muri urwo rubanza rwabereye mu Rukiko Rwisumbuye rwa Kinshasa-Gombe, Vital Kamerhe yahaswe ibibazo ku nzira byanyuzemo kugira ngo Sosiyete SAMIBO y;umunya-Libani Samih Jamal ibe ari yo ihabwa isoko.
Bwana Kamerhe yasubije ko atigeze yinjira mu gikorwa kirebana no gutanga isoko. Yavuze ko ibyo byabazwa bwana Justin Bitakwira wari Minisitiri w’ibikorwa Remezo muri icyo gihe.
Abajijwe uko izo Miliyoni zashyizwe kuri konti ya sosiyete SAMIBO, nyamara impapuro zibigena zose zitarasinywa, bwana Kamerhe yavuze ko ibyo atari we byabazwa, ahubwo ko byabazwa abashinzwe ibyo gusohora amafaranga, barimo Minisitiri ushinzwe ingengo y’imali.
Yagize ati: «Nta dolari na rimwe nigeze mpa uwo ari we wese. Jyewe nyobora ibiro bya Perezida, nta kindi.»
Urukiko rwatangaje ko ruzumva abatangabuhamya kuri urwo rubanza, tariki ya 03 Kamena 2020.
Inkuru zijyanye na: Vital Kamerhe
- Byemejwe ko Raphael Yanyi wayoboye urubanza rwa Vital Khamerhe yishwe akubiswe ikintu ku mutwe
- Vital Kamerhe na bagenzi be basabiwe gufungwa imyaka 20
- Vital Kamerhe na bagenzi be bakomeje guhakana ibyo kunyereza miliyoni 50 z’amadorari
- Raporo ya muganga yemeje ko Raphael Yanyi waburanishaga urubanza rwa Vital Kamerhe yishwe arozwe
- RDC: Raphael Yanyi waburanishaga urubanza rwa Vital Kamerhe yitabye Imana
- RDC: Urubanza rwa Vital Kamerhe rwimuriwe ku itariki ya 25 Gicurasi 2020
- Vital Kamerhe wayoboraga ibiro bya Perezida muri RDC yitabye urukiko
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|