Urukiko rw’Ikirenga ruzaburanisha ikirego Green Party iregamo leta

Uruiko rw’Ikirenga rwanzuye ko rufite ububasha bwo kuburanisha ikirego ishyaka rya Green Party ryarezemo risaba ko ingingo y’i 101 itahindurwa.

Urukiko rw’ikirenga rwanzuye ko urwo rubanza Green Party iregamo inteko ishinga amategeko ruzatangira kuburanwa tariki 23 Nzeri 2015.

Frank Habineza yatangaje ko bishimiye icyemezo urukiko rw'Ikirenga rwafashe.
Frank Habineza yatangaje ko bishimiye icyemezo urukiko rw’Ikirenga rwafashe.

Frank Habineza umuyobozi wa Green Party yatangaje ko bishimiye iki cyemezo, ubwo bamaraga gusomerwa mu gitonfo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 2015.

Yaze ati "Twishimiye ko ikirego cyacu urukiko rusanze gifite ishingiro kandi ko rusanze rufite ububasha bwo kutuburanisha.”

Ishyaka rya Green party ryari ryatanze ikirego risaba ko itegeko nshinga ritakorwaho kugira ngo manda z'umukuru w'igihugu zihinduke.
Ishyaka rya Green party ryari ryatanze ikirego risaba ko itegeko nshinga ritakorwaho kugira ngo manda z’umukuru w’igihugu zihinduke.

Me Rwango Epimaque wari uhagarariye Leta, yavuze ko na bo biteguye kuburana kuva Urukiko rw’Ikirenga rwafashe icyemezo cyo kongera kuruburanisha mu mizi. Ikindi ngo kuba inzitizi batanze mu rukiko zitaremewe ngo ntibivuze ko batsinzwe.

Mu manza zabanje, ababuranira Leta y’u Rwanda bari bagaragaje ko Urukiko rw’ikirenga rudafite ububasha bwo kuburanisha ruriya rubanza none rwanzuye ko rubufite.

Abunganira leta nabo bavuga ko biiteguye kwinjira mu rubanza kuko bidasobanuye ko batsinzwe.
Abunganira leta nabo bavuga ko biiteguye kwinjira mu rubanza kuko bidasobanuye ko batsinzwe.

Urukiko rwavuze ko rufite ububasha bwo kwemeza niba ibyo iri shyaka rivuga, bijyanye na referandumu no kuvugurura Itegeko Nshinga binyuranyije na ryo, kuko nta rundi rukiko rufite ububasha bwo guca bene izo manza.

Muri Kamena uyu mwaka nibwo ishy”aka The Democratic Green Party” ritavuga rumwe n’ubuyobozi bw’u Rwanda ryaregeye uru rukiko, risaba guhagarika ivugururwa iryo ari ryo ryose rishobora gukorwa ku Itegeko Nshinga cyane cyane mu ngingo y’i 101 ivuga ku mubare wa manda Umukuru w’igihugu yemerewe.

Abunganira leta mu kiganiro n'abanyamakuru.
Abunganira leta mu kiganiro n’abanyamakuru.

N’ubwo iri shyaka ritifuza ko itegeko nshinga yavugururwa kugira ngo Perezida Kagame abashe kongera kwiyamamariza indi manda, abaturage bakabakaba miliyoni enye bandikiye inteko ishinga amategeko bayisaba ko iyi ngiro yahindurwa kuko ari bo bayitoreye.

Munyantore Jean Claude

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Muvaneho rank mukoreshe ikirango kuko siwe shyaka ejo azavaho nizere ko we atazahindura manda ye

JO yanditse ku itariki ya: 12-09-2015  →  Musubize

Itegeko nshinga ryatowe nabaturage ninabo bafite ububasha bwo kurihindura rero green party nivuge ivuye aho

kambale yanditse ku itariki ya: 11-09-2015  →  Musubize

Iryo Shyaka Rishoborakubaririgukora Ibyoritazi Ubuse Rirutata Imbaga Yabanyagwanda Basaga Million 12 Bashaka Ko Rihinduka

Kubwimana Jeancloude yanditse ku itariki ya: 9-09-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka