Urubanza rwa Diane Rwigara n’abo mu muryango we rwimurirwe mu cyumweru gitaha

Urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge rwasubitse urubanza ruregwamo Diane Rwigara,umubyeyi we ari we Adeline Rwigara na murumuna we Anne Uwamahoro Rwigara ku byaha bakurikiranyweho.

Abo mu muryango wa Diane Rwigara nyuma y'uko urukiko rwemeje ko urubanza rwabo rwimuriwe mu cyumweru gitaha
Abo mu muryango wa Diane Rwigara nyuma y’uko urukiko rwemeje ko urubanza rwabo rwimuriwe mu cyumweru gitaha

Kuri uyu wa gatanu tariki ya 6 Ukwakira 2017 nibwo urwo rubanza rwatangiye kuburanishwa, aho ubushinjacyaha bwasabiye abaregwa igifungo cy’iminsi 30.

Ubushinjacyaha bubashinja guteza imyivumbagatanyo. Ariko Diane Rwigara we akaregwa n’ibindi byaha byihariye byo gukoresha inyandiko mpimbano ubwo yashakaga kwiyamamaza ku mwanya wa Perezida wa Repubilika mu matora aheruka.

Ku isaa yine zo kuri uyu wa 6 Ukwakira nibwo Diane n’abo mu muryango we bari bageze mu rukiko, aho icyumba urubanza rwagombaga kuberamo cyari cyuzuye abantu baje gukurikirana urwo rubanza.

Nta banyamategeko babunganira bari bitwaje. Anne wasaga n’aho avuganira umuryango we, yasabye urukiko ko urubanza rwakwimurwa, avuga ko batigeze bahabwa umwanya uhagije wo kuvugana n’ababunganira mu mategeko.

Nyuma yo kwiherera umwanya muto, umucamanza wari uhagarariye urwo rubanza yemeje ko rwimurwa rukazasubukurwa ku itariki 9 Ukwakira 2017.

Uru rubanza rutangiye nyuma y’amagambo menshi yari yavuzwe ko abo mu muryango wa Rwigara bashimuswe ariko Polisi ikaza kubatahura aho bari bihishe mu rugo rwabo.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka